Nyuma y’ukwezi kumwe ahiritse ku butegetsi Perezida Alpha Condé, Col Mamady Doumbouya kuri uyu wa Gatanu yarahiriye kuba Perezida w’inzibacyuho wa Guinée-Conakry.
Col Doumbouya yarahijwe n’abacamanza bo mu rukiko rw’Ikirenga, mu muhango wabereye mu ngoro yitiriwe Mohamed V i Conakry.
Mu bitabiriye uyu muhango harimo Col. Asmi Goïta mu mezi 13 ashize wahiritse ubutegetsi bwa Ibrahim Boubakar Keïta wahoze ari Perezida wa Mali, uyu akaba yarabanye na Col Doumbouya mu ngabo z’u Bufaransa.
Abenshi mu bahoze batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Condé na bo bitabiriye uyu muhango, gusa nta ntumwa n’imwe y’umuryango uhuriwemo n’ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba (CEDEAO) yigeze ihagaragara.
Amakuru avuga ko uyu muryango wanze ubutumire wahawe.
Ku itariki ya 05 Nzeri ni bwo Col Mamady Doumbouya wahoze akuriye umutwe w’Ingabo zidasanzwe za Guinée yayoboye igikorwa cyo guhirika ku butegetsi Perezida Alpha Condé.
Condé w’imyaka 83 y’amavuko ni we Perezida wa mbere wa Guinée wari waratowe binyuze muri demokarasi muri 2010, yongera gutorerwa kuyobora kiriya gihugu cyo mu Burengerazuba bwa Afurika muri 2015.
Mu mwaka ushize yari yatorewe kuyobora manda ya gatatu yakurikiwe n’imvururu, nyuma yo guhindura itegeko nshinga mu buryo butavuzweho rumwe.
Col Doumbouya wamusimbuye uyu munsi ni bwo yarahiriye kuyobora igihugu mu buryo bw’inzibacyuho, gusa nta wuzi igihe iyo nzibacyuho igomba kumara.
Col Doumbouya azaba ari “Umukuru w’igihugu ndetse n’Umugaba w’ikirenga w’ingabo za Guinée”.
Azaba kandi afite ububasha butandukanye kuri Politiki y’igihugu, burimo ubwo gushyiraho cyangwa kwirukana Minisitiri w’Intebe w’agateganyo.
Uyu musirikare nyuma yo kurahirira kuyobora Guinée, yashimangiye ko yaba we cyangwa uwo ariwe wese ugize inzibacyuho ye nta wuziyamamaza mu matora ataha.
Ni amatora agatsiko k’abasirikare bahiritse ubutegetsi bwa Guinée gaheruka gushimangira ko azaba mu mucyo no mu bwisanzure.


