Uwahoze ari umuyobozi mu ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Congo yatawe muri yombi kuri uyu wa kabiri ashinjwa gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu gihe yari amaze amezi mu bwihisho nk’uko byatangajwe n’igipolisi.
Uyu munyapolitiki witwa André Okombi Salissa, watsinzwe mu matora y’umukuru w’igihugu yo muri Werurwe umwaka ushize wa 2016 yegukanwe na Denis Sassou Nguesso, ariko ashinja uyu umaze imyaka itari micye ku butegetsi kwiba amajwi, akaba yari yashyiriwe impapuro zo kumuta muri yombi ashinjwa gutunga intwaro binyuranyije n’amategeko kuva mu Ukuboza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’igipolisi nyuma yo kumuta muri yombi, havuzwemo ko mu itabwa muri yombi rye nta guhutazwa kwabaye, cyongeraho ko biri mu rwego rwo kumukoraho iperereza ku kijyanye n’igitero ku mutekano w’igihugu.

Umushinjacyaha Mukuru wa repubulika, André Oko-Gakala nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ikomeza ivuga, mu Ugushyingo yerekanye imbunda bivugwa ko zasanzwe mu rugo rw’umugore wa Salissa. Icyo izo ntwaro zagombaga gukoreshwa ntabwo kigeze gitangazwa.
Jean-Marie Michel Mokoko, undi mukandida wari uhagarariye ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu matora, nawe muri Kamena yashinjijwe gutunga intwaro n’amasasu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


