Coronavirus: Ibihugu by’Afurika bifite ubuvuzi bukiri hasi byitaweho

Sangiza iyi nkuru

Ishami ry’ubuzima mu Muryango w’Abibumbye (OMS/WHO) riteganyirije ubufasha butandukanye ibihugu by’Afurika bifite ubuvuzi bukiri hasi mu rwego rwo kurwanya indwara y’icyorezo ya Coronavirus (COVID-19) imaze gufata no gutwara ubuzima bw’imbaga y’abantu mu Bushinwa.

Umunyamabanga Mukuru wa OMS, Dr. Tedros Adhanom atanga ishusho y’iki cyorezo muri Afurika , ingamba zamaze gufatwa mu kucyirinda ndetse n’iziteganyijwe. Ni mu kiganiro yagiranye na Mussa Faki Mahamat uhagarariye komisiyo y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe muri iki gitondo cy’uwa 22 Gashyantare 2020.

Dr. Tedros ati: “ Turimo gutekereza cyane ku bihugu bifite ubuvuzi bukiri hasi kandi ku ufatanye gukorana n’ikigo cya AU (Africa CDC), turi gukora ibishoboka byose mu kwitegura guhangana n’iki cyorezo, igihe cyaba kije.”

Dr. Tedros kandi arizeza ubufatanye n’ibihugu by’Afurika mu kwirinda iki cyoreza, gushakisha aho kiri, kiramutse cyarabaciye mu rihumye no kuvura abo kigaragayeho hakiri kare.

Ibiteganyirijwe Afurika

  • Dr. Tedros avuga ko ibihugu 13 by’Afurika bifite ibyago byo kugeramo Coronavirus, bitewe n’uko bifite aho bihuriye cyane n’Ubushinwa, biteganyirijwe miliyoni 675 z’amadolari y’Amerika, azabifasha kwitegura guhangana n’iki cyorezo. Kugira aho bihurira cyane n’Ubushinwa bijyanye n’ubwinshi bw’ingendo abaturage babyo bakorera mu Bushinwa.
  • Kongera umubare w’ibihugu by’Afurika bihabwa ubushobozi bwo gupima Coronavirus, OMS ikabifasha kubona imyambaro yagenewe iki gikorwa.
  • Biteganyijwe ko ibikoresho by’ubwirinzi 60,000 bizaba bimaze kugera mu bihugu 19 by’uyu mugabane mu minsi iri imbere.
  • OMS iri gukorana n’inganda kugira ngo hongerwe ibikoresho by’ubwirinzi byo guha abashinzwe ubuvuzi.

Ibimaze gukorwa muri Afurika

  • Hari gukorwa ubujyanama ku bihugu bitandukanye ku buryo bwo gupima, kwegera (contact tracing) ndetse n’ubuvuzi.
  • Ibikoresha by’ubwirinzi 30,000 byamaze gutangwa mu bihugu 6 by’Afurika.
  • Mu kwezi gushize, abakozi mu nzego z’ubuvuzi bagera ku 11,000 bahuguwe ibya Coronavirus ku interineti. Aya masomo ari mu ndimi zitandukanye ari ku rubuga rwa openWHO.org.

Imibare mishya kuri Coronavirus muri rusange

Hashize ibyumweru 7 icyorezo cya Coronavirus (COVID19) kigaragaye mu mugi wa Wuhan mu ntara ya Hubei mu Bushinwa. Kugeza ubu nk’uko OMS ibitangaza, mu Bushinwa kimaze gufata abantu 75,569, muri boa bantu 2239 bamaze gupfa.

Hanze y’Ubushinwa, Coronavirus imaze gufata abantu 2600 mu bihugu 26, muri bo 8 bamaze gupfa. Iran ni igihugu cya kabiri hanyuma y’Ubushinwa, kimaze gifite abaturage benshi bamaze gufatwa n’iki cyorezo kuko kugeza ubu imibare igaragaza ko 18 bamaze kwandura mu gihe bane bapfuye.

Ku mugabane w’Afurika, hamaze kwandura umuntu umwe w’Umunya-Misiri na we byatangajwe ko yakize.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *