Guhera kuri uyu wa Kabiri, itariki 28 Kanama, urubanza rwa Gen Bosco Ntaganda rurongera gusubukurwa uruhande rushinja n’urushinjura bihabwa ijambo ku nshuro ya nyuma mbere y’uko uru rubanza rumaze imyaka 3 rutangiye rupfundikirwa.
Gen Bosco Ntaganda wahoze ari umuyobozi w’inyeshyamba muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, muri Nzeri 2015 yari yahakanye ibyaha 13 by’intambara na 5 byibasiye inyokomuntu ashinjwa.
Ntaganda ashinjwa kuba yaratanze amabwiriza yo kwica, gusahura, gusambanya ku ngufu abana b’abasirikare byakozwe n’inyeshyamba ze hagati ya 2002 na 2003 muri Ituri, ho mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Amakarita asigaye yo gukina
Ikinyamakuru Jeune Afrique dukesha iyi nkuru, kiravuga ko guhera kuri uyu wa Kabiri kugeza kuwa Kane ubushinjacyaha n’abunganira Ntaganda bazakina amakarita yabo ya nyuma mbere y’uko urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (CPI) rufata umwanzuro.
Gen Bosco Ntaganda wabarizwaga mu gisirikare cya Congo, FARDC, kuva mu 2007 kugeza mu 2012, yari umwe mu bantu bashakwa cyane n’urukiko mpuzamahanga mu Karere k’Ibiyaga Bigari mbere y’uko yishyikiriza Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda mu 2013 agasaba koherezwa kuri uru rukiko mpuzamahanga.


