Cristiano Ronaldo yahombeje Coca-Cola $ miliyari 4 mu gihe kitageze ku munota

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Portugal Cristiano Ronaldo yahombeje uruganda rwa Coca-Cola angana na $ miliyari enye mu gihe cy’amasegonda 10, nyuma yo gukura amacupa abiri ya Coca mu myanya yayo ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru.

Ni Cristiano uzwiho kuvuganira rubanda kugira ngo bagire ubuzima bwiza, ariko nanone ntabe umufana wa kiriya kinyobwa kidasembuye.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru ubwo Cristiano yageraga mu cyumba cyabereyemo ikiganiro n’itangazamakuru cyabimburiye umukino wa Euro Portugal yatsinzemo Hongria ibitego 3-0, yaricaye asunikira amacupa abiri ya Coca-Cola yari imbere ye ku ruhande rumwe.

Nyuma yaje kuzamura icupa ry’amazi aritungaho urutoki.

Nubwo nta jambo Cristiano yigeze avuga, ubutumwa yatanze mu bucece bwahise bwumvikana mbere yo guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga, ndetse bunagira ingaruka ku bukungu bw’Isi.

Ubutumwa bwa Cristiano bwatumye imigabane y’uruganda rwa Coca-Cola iva kuri 56.10 igera kuri 55.22, ibisobanuye ko agaciro k’iriya Company kahise kava kuri $ miliyari 242 kakagera kuri miliyari 238.

Si bwo bwa mbere Ronaldo yari arwanyije kiriya kinyobwa, kuko hari ubwo yari yaratangaje ko agerageza kurinda umwana we kukinywa.

Ati: “Rimwe na rimwe umuhungu wanjye anywa Coca Cola cyangwa Fanta akanarya crisps (ibijumba byatunganyijwe) kandi azi ko ntabikunda.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *