Danemark yatangaje ko ifite gahunda yo kongera umubare w’abasirikare ku bagore ku nshuro ya mbere no kongera igihe gisanzwe cy’akazi.
Irashaka kandi kuzamura ingengo y’imari igenewe igisirikare kugeza kuri hafi miliyari 6 z’amadolari (£ 4.6bn) mu myaka itanu iri imbere kugira ngo intego za NATO zigerweho.
Minisitiri w’Intebe, Frederiksen, ati: “Ntabwo twongera kwiyubaka bya gisirikare kubera ko dushaka intambara. Turimo kwitegura kubera ko dushaka kuyirinda.”
Amakimbirane mu Burayi yatangiye kwiyongera kuva u Burusiya bwatera muri Ukraine muri Gashyantare 2022.
Kuri uyu wa Gatatu ushize, Madamu Frederiksen yashyize ahagaragara ivugurura, yavuze ko guverinoma ishaka kugera ku “buringanire bwuzuye hagati y’ibitsina”.
Hagati aho, Minisitiri w’ingabo, Troels Lund Poulsen yagize ati: “Kwinjira mu gisirikare, harimo n’uburinganire bwuzuye, bigomba kugira uruhare mu gukemura ibibazo by’ubwirinzi, ubukangurambaga no kuyobora ingabo zacu.”
Abagore bo mu gihugu cya Scandinaviya bashoboraga kujya mu gisirikare nk’abakorerabushake.
Ubu guverinoma irateganya gutangira kwandika abagore mu gisirikare kuva mu 2026, kikaba igihugu cya gatatu cy’u Burayi, kimwe na Norvege na Suede, mu gusaba abagore gukora igisirikare.
Ivuga kandi ko igihe cyo gukora mu gisirikare kizongerwa kuva ku mezi ane kugeza ku mezi 11 ku bagabo no ku bagore.
Umwaka ushize, abantu 4.700 bakoze imirimo ya gisirikare, muri bo abagera kuri 25% ni abagore. Uyu mubare uziyongera kugera ku 5.000 ku mwaka.
Kugeza ubu ingabo za Danemark zifite abakozi bagera ku 20.000, barimo ingabo zigera ku 9000 zabigize umwuga.
Iki gihugu gituwe n’abaturage bagera kuri miliyoni esheshatu, nacyo kizazamura amafaranga agenda ku gisirikare ave kuri 1.4% ya GDP muri iki gihe agere kuri 2% kugira ngo kigere ku ntego zashyizweho n’umuryango wa NATO.


