Darfur: Abantu basaga 160 biciwe mu bugizi bwa nabi hagati y’amoko

Sangiza iyi nkuru

Umuryango utegamiye kuri Leta uvuga ko byibuze abantu 168 bishwe ku cyumweru mu bugizi bwa nabi bwabereye i Darfur, akaba ari bumwe mu bugizi bwa nabi butwaye abantu benshi muri aka karere ko mu burengerazuba bwa Sudani kazahajwe n’intambara.

Ubu bugizi bwa nabi bwatangiriye kuwa Gatanu i Krink, ku birometero 80 uvuye El-Geneina, umurwa mukuru wa Darfur y’Uburengerazuba, umunsi abantu umunani biciweho, nk’uko byatangajwe na Adam Regal, umuvugizi w’Ubuhuzabikorwa Rusange bwita ku mpunzi n’abavanwe mu byabo.

Regal yagize ati: “Ku cyumweru byibuze abantu 168 bishwe abandi 98 barakomereka.”

Umwe mu baturage bo mu bwoko bwa Massalit yatangaje ko yabonye imirambo mu midugudu myinshi yo mu murenge wa Krink, mu gihe Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (ICRC) yasabye abayobozi kurinda umutekano w’abakomeretse bajyanwa mu bitaro byo muri ako karere nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Nk’uko Ubuhuzabikorwa Rusange bubitangaza, urugomo rwatangiye igihe abarwanyi bitwaje intwaro bo mu moko y’abarabu bateraga mu midugudu ya Massalit, ubwoko bwa ba nyamucye b’Abanyafurika, kugira ngo bahorere abantu babo babiri bishwe ku wa kane.

Amavidewo n’amafoto yashyizwe kuri murandasi yerekanaga imyotsi y’umukara iva mu mazu kimwe n’uduce twinshi twahiye ahari amazu yatwitswe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *