Abayobozi b’ i Copenhagen muri Denmark batangaje ko Umunyarwanda wahawe ubwenegihugu bw’iki gihugu yafashwe akekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Uwo mugabo utatangajwe amazina akekwaho kandi kugira uruhare mu byaha byibasiye inyokomuntu nabyo byakozwe mu 1994 nkuko ikinyamakuru Koamtv, dukesha inkuru ye cyabitangaje.
Umushinjacyaha Martin Stassen, yatangaje ko uwo ukekwa ari umuntu w’imyaka 49 yatawe muri yombi uyu munsi ku wa Kabiri tariki ya 16 Gicurasi 2017, akekwaho uruhare yagize mu bwicanyi bw’Abatutsi basaga 1000.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Yavuze ko yafashwe nyuma y’iperereza ryimbitse, bakaba bakeka ko ari byo, iryo perereza rizaherwaho kugirango yoherezwe mu Rwanda.
Uyu mugabo yagiye muri Danemark mu mwaka wa 2001, ahabwa n’ubwenegihugu bwaho mu wa 2014.
Mu myaka 5 ishize, Denmark yohereje mu Rwanda, Mbarushima Emmanuel ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside, akaba ari kuburanishwa.
Mbarushima yoherejwe kuburanira mu Rwanda na Danemark kuwa 3 Nyakanga 2013. Akurikiranweho ibyaha bya Jenoside n’ibindi byaha byibasiye inyokomuntu byakorewe mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare, Komine Ndora mu bitero bitandukanye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com


