Urukiko rw’Ubujurire rwa Copenhagen mu gihugu Denmark kuri uyu wa Gatanu, itariki 21 Nzeri rwanzuye ko Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki gihugu yoherezwa mu Rwanda akaba ari ho aburanishirizwa ku byaha bya jenoside akurikiranweho.
Uru rukiko rukaba rwashimangiye icyemezo cyari cyfashwe n’urukiko muri Mata.
Abayobozi b’u Rwanda bashinja uyu mugabo, Wenceslas Twagirayezu, kuba yaragize uruhare mu bwicanyi bwakorewe abantu 2000 bari bahungiye ku rusengero no kuri Kaminuza ya Mudende.
Abatangabuhamya basobanuye uburyo ushinjwa yazengurukaga uru rusengero ari kumwe n’imbwa ye bahiga abatutsi. Anashinjwa kwicira umukecuru n’umwana ndetse n’abasore batatu kuri bariyeri.
Iyi nkuru dukesha Daily Mail irakomeza ivuga ko Twagirayezu ahakana ibirego ashinjwa ahubwo akavuga ko abategetsi b’u Rwanda bamwitiranyije n’undi muntu.
Biravugwa ko uyu yavuye mu Rwanda mu 1997 akagera muri Denmark mu 2001. Yaje kwemererwa gutura muri iki gihugu mu 2002, ndetse aza no guhabwa ubwenegihugu mu 2014.
Igipolisi cya Denmark mu myaka myinshi ishize cyahawe amakuru kuri Wenceslas Twagirayezu bivugwa ko afite abana bane muri Denmark nk’uko bivugwa n’Ibiro Ntaramakuru bya Denmark, Ritzau. Abashinzwe iperereza baturutse muri Denmark bakaba baraje mu Rwanda bakabaza abatangabuhamya bagera kuri 30 mu iperereza ryabo.
Nyuma y’iperereza kuri iki kibazo ku bufatanye na leta y’U Rwanda igihe kirekire, Wenceslas Twagirayezu yaje gutabwa muri yombi muri Gicurasi 2017 ashyikirizwa urukiko muri Mata 2018 rwemeza ko agomba kujya kuburanishirizwa mu Rwanda ariko abamwunganira barajurira.


