image_1606632820.jpg

Depite Habineza yirinze kuvuga byinshi ku muyoboke w’ishyaka rye bivugwa ko yaburiwe irengero

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’ishyaka riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije (Rwanda Democratic Green Party), Depite Dr. Frank Habineza yirinze kuvuga byinshi ku muyoboke witwa Mutabazi Ferdinand bivugwa ko yaburiwe irengero.

Tariki ya 24 Ugushyingo 2020 hari amakuru yatangajwe avuga ko Mutabazi yaburiwe irengero kuva tariki ya 21 Ugushyingo, aho yabarizwaga mu Murenge wa Ruhango w’Akarere ka Ruhango.

Ntabwo higeze hamenyekana icyaba cyarateye ibura rya Mutabazi ngo “wari usanzwe ari umucuruzi muri Ruhango, wanabaye umuyobozi wa Green Party muri Kaminuza y’u Rwanda i Butare.”

image_1606632820.jpg Mutabazi Ferdinand, umuyoboke wa Green Party

Bwiza.com yagiranye ikiganiro kigufi na Dr. Habineza kugira ngo imenye icyo azi kuri aya makuru nk’umuyobozi wa Green Party Mutabazi abereye umuyoboke, avuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2020, yavuganye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri iki kibazo.

Ngo RIB yabwiye Dr. Habineza ko Mutabazi yabonetse, ati: “RIB yatubwiye muri iki gitondo ko yabonetse.”

Depite Habineza yakomeje agaragaza ko nta byinshi ashaka kuvuga ku kibazo cya Mutabazi mu gihe iperereza rigikomeje. Ati: “Ariko ntacyo turifuza kubivugaho kubera ko iperereza rigikomeza, tuzagira icyo dutangaza iperereza rirangiye.”

Mu minsi ishize hari amajwi yakunze kumvikana, avuga ko hari bamwe mu Banyarwanda bashimuswe, nyuma RIB ikaza gutangaza ko yatabataye muri yombi ibakurikiranyeho ibyaha bitandukanye. Urugero rwa hafi ni Mitsindo Viateur ukekwaho gukorana n’imitwe y’iterabwoba, watawe muri yombi tariki ya 17 Ugushyingo 2020.

Mu gihe tutaramenya niba Mutabazi yaba ari gukorwaho iperereza kuri dosiye y’uko yaburiwe irengero cyangwa se akaba hari ibyaha akekwaho, twahamagaye Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry, ku murongo wa telefone, asaba ko tumwandikira ubutumwa (message).

Kugeza ubu, turacyategereje icyo Umuvugizi wa RIB adutangariza kuri iki kibazo. Icyo atangaza, turacyongera muri iyi nkuru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *