Diamond yasabiwe gukurwa mu irushanwa rya BET azira Magufuli

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi Naseeb Abdul Juma uzwi mu muziki wa Tanzania nka Diamond Platmunz, yasabiwe gukurwa mu irushanwa ry’Abanyamerika rya BET azira gushyigikira Dr John Pombe Magufuli wahoze ari Perezida wa Tanzania.

Diamond ari ku rutonde rw’abahataniye igihembo kizwi nka Best International Act gitangwa na BET (Black Entertainment Television), gusa hari abatishimiye ko ajya muri ririya rushanwa.

Amakuru avuga ko abarenga 18,000 bamaze gusinya inyandiko (petition) isaba ko Diamond yakurwa muri ririya rushanwa, bamushinja gukingira ikibaba Magufuli.

Abasabye ko Diamond atahabwa kiriya gihembo bamushinje kudakoresha ingufu n’ubuhangange afite mu kurwanya akarengane, nk’uko Davido na Burna Boy bo muri Nigeria baheruka kwegukana ibihembo bya BET babigenza.

Aba batanze urugero rw’uko Davido na Burna Boy baragize uruhare mu myigaragambyo yo mu mwaka ushize ya #EndSARS yasabagaho ko urwego rwa Polisi ya Nigeria ruzwi nka SARS ruvanwaho, nyuma yo kwica abatari bake.

Nairobi News dukesha iyi nkuru ivuga ko Diamond Platnumz yari ashigikiye cyane Perezida Magufuli, ndetse ko imwe mu ndirimbo ze yakoreshejwe cyane n’ishyaka CCM mu bikorwa byo kwamamaza uriya wahoze ari Perezida wa Tanzania.

Iki kinyamakuru cyasubiyemo amagambo yanditse muri iriya Petition kiti: “Diamond Platnumz ni umuhanzi rurangiranwa muri Tanzania uzwi cyane ku Isi, wakoresheje ukwamamara kwe mu kuvugira no gukingira ikibaba itoteza ribi cyane ry’uwahoze ari umukuru w’igihugu John Magufuli n’ubutegetsi bwe.”

“Diamond kandi ni inshuti y’akadasohoka kandi akorana ubucuruzi na Paul Makonda wahoze ari Umuyobozi w’Umujyi wa Dar es Salaam watoteje ku mugaragaro kandi akanahiga bukware ababana bahuje ibitsina.”

Nairo News ivuga ko n’ubwo hari abarwanya Diamond, hari n’abandi benshi bamushyigikiye barimo umudepite witwa Nusrat Hanje uvuga ko bagomba kumusengera akegukana kiriya gihembo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *