Djihad yabonye ikipe nshya, Gasogi United isinyisha rutahizamu ngenderwaho wa Kiyovu SC

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Gasogi United yatangaje ko yamaze gusinyisha umunya-Caméroun Armel Ghislain wari rutahizamu ngenderwaho wa Kiyovu Sports.

Iyi kipe ya KNC ibinyujije kuri Twitter yayo yavuze ko Armel yayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri.

Ubutumwa buboneka kuri Twitter ya Gasogi United buvuga ko “Gasogi united yasinyishije umukinnyi Armel Ghislain Amasezerano y’imyaka 2.”

Armel Ghislain Djimmoé, yageze mu Rwanda muri 2018 aje mu ikipe ya Kiyovu Sports aho yayisinyiye imyaka ibiri.

Muri Werurwe 2020, Kiyovu Sports yamusinyishije amasezerano y’umwaka umwe yarangiye uyu mwaka, akaba yamaze gusinyira Gasogi United.

Muri Nzeri 2020 byari byavuzwe ko Armel yasinyiye Rayon Sports nyuma yo kwemererwa angana na Frw miliyoni 2.6 na Kiyovu Sports ubwo yongeraga amasezerano y’umwaka umwe, yagera mu Rwanda iyi kipe yo ku Mumena ntimuhe miliyoni 1.6 yari yamusigayemo.

Djihad Bizimana yabonye ikipe nshya

Uretse Kiyovu Sports yasinyishije Armel, indi inkuru iri kuvugwa mu mikino ni iya Djihad Bizimana wamaze kubona ikipe nshya mu gihugu cy’Ububiligi.

Uyu musore w’imyaka 25 waherukaga gutandukana n’ikipe ya Wasland Beveren yari amazemo imyaka itatu, yamaze gusinyira ikipe ya K.M.S.K. Deinze ikina mu cyiciro cya kabiri mu gihugu cy’u Bubiligi.

Uyu musore ukomoka i Rubavu yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri iriya kipe.

K.M.S.K. Deinze mu mwaka w’imikino ushize ikaba yarasoje ku mwanya wa 5 n’amanota 39, irushwa 31 na Union Saint – Gilloise yazamutse mu cyiciro cya mbere.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *