DR.Congo:Colonel muri FARDC yafunzwe azira ko ari umunyamulenge

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko hari umu Colonel muri FARDC wafunzwe nta cyaha ashinjwa ahubwo bigacyekwa ko ari uko yaba ari Umunyamulenge.

Bivugwa ko uyu Colonel witwa Gereyadi, hari abandi yafunganwe n’abo nyuma y’uko bafatiwe mu nkambi y’igisirikare cya FARDC, izwi nka Kokolo, ikaba iherereye muri Kinshasa, k’u murwa mukuru w’igihugu ca RDC.

Amakuru ikinyamakuru MCN gitangaza avuga ko Colonel Gereyadi, n’abagenzi be, bafashwe mu gicuku cyo mu ijoro ryo ku wa mbere rishyira iryo kuri uyu wa Kabiri. Abahaye amakuru iki kinyamakuru dukesha iyi nkuru bavuze ko y’aba azize ubwoko bwe kuko ari umunyamulenge.

Mu bandi bafunganwe n’uyu Coloneli ngo harimo undi mugore w’umunyamulenge usanzwe akora ubucuruzi.Bikaba bivugwa ko bafungiwe mu rwego rw’iperereza rya Gisirikare r’izwi nka “Demiap,” iherereye mu Mujyi wa Kinshasa.Igisirikare cya FARDC ntacyo kiratangaza ku by’aya makuru.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. DR.Congo:Colonel muri FARDC yafunzwe azira ko ari umunyamulenge
    Icyo cyaha se ubwo kitwa ngo iki mu mategeko? Ikindi Bwiza yatohoza ikamenya koko niba muri RDC ntamusirikare wundi ufite icyo cyaha cyo kuba umusirikare w’umunyamurenge cyangwa abarimo bose babafunze hakaba havuzwe uwo mu izina rya bose!!! Bwiza nikore kinyamwuga ireke gushyushya imitwe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *