Kuri uyu wa kabiri tariki ya 02 Kamena 2020 Minisiteri y’ubuzima muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yemeje ko muri iki gihugu hongeye kuboneka ubwandu bushya bw’icyorezo cya Ebola ndetse muri batandatu bacyanduye bane bamaze gupfa.
Ibi byatangajwe na Minisitiri w’ubuzima Eteni Longondo aho yavuzeko aba banduye iyi virus ari abo mu mujyi wa Mbandaka uri mu majyaruguru ashyira uburengerazuba utuwe n’abaturage barenga miliyoni.
Mu kwezi kwa kane ni ho Leta ya DR Congo yari yatangaje ko iki cyorezo cyamaze gushira mu gihugu gusa cyongeye kugaruka.
Kuva mu kwezi kwa munani 2018 Ebola imaze guhitana abantu 2,000.
Ebola yongeye kwaduka muri DR Congo mu gihe n’icyorezo cya Covid 19 kiri kwibasira iki gihugu aho abagera ku 3,000 bamaze kwandura.
Umujyi wa Mbandaka waherukaga kwibasirwa n’iki cyorezo cya Ebola muri 2018 aho cyari cyahitanye abagera kuri 33 no mu ntara uherereyemo wa Equateur.
Ubwo iyi ndwara yageraga mu ntara za Kivu zombi mu burasirazuba bwa DR Congo mu mwaka ushize, byateje impagarara ku mipaka ihuza iki gihugu n’u Rwanda n’u Burundi.
Imigenderanire hagati y’ u Rwanda na DR Congo icyo gihe yarahungabanye kugeza ubwo n’abanyeshuri b’abanyarwanda bigaga i Goma babujijwe gusubirayo mu rwego rwo kwirinda ko bakwandura icyorezo cya Ebola.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima ku isi OMS/WHO ni ryo ryatanze urukingo rw’iyi ndwara mu bihugu nk’u Rwanda, u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Magingo aya ubwo iyi ndwara yongeye kugaruka DR Congo iri gufashwa na UNICEF mu kubona ibikoresho by’ubutabazi bw’ibanze ku bagaragaweho n’ibinyetso by’iyi virus.


