Umuvugizi wa Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, yavuze ko igihugu cye cyizeye ko hagiye kubaho kwihutisha ko ingabo z’ubutumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kuhabungabunga amahoro zihava. Bijyanye n’amasezerano asanzweho, izi ngabo, zizwi nka MONUSCO, zari zitezwe kuva muri DR Congo mu mpera y’umwaka wa 2024 ariko Congo isanga iyo ngengabihe itari vuba cyane bihagije. Muyaya, yabwiye Focus on Africa cya BBC ko “Tumaze imyaka 20 dufite [MONUSCO] kandi ikibazo cy’umutekano mucyeya kiracyahari.” Yakomeje agira ati “Wenda byaba byiza kurushaho kugira igisirikare cyacu na polisi hamwe n’ingorane zacu no kurwanya twebwe ubwacu abarimo kuzana akaga n’intambara mu burasirazuba bwa DR Congo.” Amagambo ya Muyaya akurikiye imyigaragambyo irimo urugomo yo kwamagana MONUSCO yabereye mu burasirazuba bwa DR Congo mu minsi ya vuba aha ishize, yahitanye abantu 36, barimo n’ababungabunga amahoro bane ba MONUSCO. ntego yayo ni ukuzana amahoro n’ituze muri ako karere kamaze imyaka irenga 20 karimo umutekano mucyeya. Ariko abaturage bamwe bavuze ko kuba aba basirikare ba MONUSCO bari mu gihugu bitazanye amahoro, ndetse bamaze igihe basaba ko bahava aka kanya. Khassim Diagne, umukuru w’agateganyo wa MONUSCO, yabwiye BBC ko ubu butumwa bwa ONU “buzasuzumwa”.


