Dr Francis ushinjwa guhohotera yatawe muri yombi nyuma y'ubutumwa bwa Perezida Kagame

Sangiza iyi nkuru

Dr Habumugisha Francis yatawe muri yombi nyuma y’aho Perezida Kagame avuze ko agiye gukurikirana ikibazo cya Diane Kamali umushinja kumukubita yitwaje amafaranga no kumenyana n’abayobozi.

Perezida Kagame yanditse ubu butumwa ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 11 Nzeri, ubwo yavugaga ko yatungurwa no kuba Urwego rw’Ubugenzacyaha nta kintu rwaba rwarakoze kuri iki kibazo. Yavuze ko we ubwe agiye kugikurikirana.

42cc36e0 ee7e 44c8 b61e d85a30cabec5
Ubutumwa bwa Perezida Kagame busubiza ubwa Diane Kamali uvugwa ko yakubiswe n’umunyamafaranga

Ku wa 5 Nzeri ni bwo Diane Kamali yibukije RIB, ayibwira ko hashize amezi abiri atarahabwa igisubizo ku kirego yatanze. Yavuze ko yakubiswe na Dr Francis, nyiri GoodRich TV ku wa 16 Nyakanga ariko kugeza ubwo akaba atari yagahanwe.

Diane yashyize ku rubuga rwa Twitter amashusho yafashwe na ‘CCTV Camera’ agaragaza uburyo yahohotewemo na Dr Francis bari mu nama.

Dr Francis yatawe muri yombi, ahita ashyikirizwa ubushinjacyaha nk’uko Umushinjacyaha Mukuru, Jean Bosco Mutangana yabitangarije kuri Twitter.

” Iki kibazo cyashyikirijwe ubushinjacyaha. Ushinjwa yatawe muri yombi mu gihe iperereza rigikomeje”  Bosco Mutangana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *