Kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Ukwakira 2018, muri Guverinoma nshya yavuguruwe, Perezida Paul Kagame yashyize ku mwanya wa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr. Richard Sezibera wari Senateri, asimbuye Mushikiwabo watorewe kuyobora umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa (OIF).
Muri iyi Guverinoma hagaragayemo abaminisitiri bashya batandatu mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yagizwe Dr Sezibera Richard, wasimbuye Louise Mushikiwabo,.
Prof. Shyaka Anastase wari Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, yagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu asimbuye Francis Kaboneka . Ingabire Paula yasimbuye Rurangirwa Jean de Dieu muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yahawe Hakuziyaremye Soraya asimbuye Munyeshaka Vincent, Maj. Gen. MURASIRA Albert, Minisitiri w’Ingabo na Madamu NYIRAHABIMANA Solina, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango
Richard Sezibera, wahawe kuyobora Minisitiri w’ububanyi n’amahanga ni umuganga wo mu rwego rwo hejuru (docteur), afite imyaka 54 kuko yavutse mu 1964, ni umunyapolitiki w’inararibonye , ni umudiplomate utashidikanywaho ku ubushobozi bwe , avuga indimi nyinshi mpuzamahanga ndetse n’ izindi zikoreshwa mu Karere k’ Ibiyaga Bigali.
Yabaye Umunyamabanga Mukuru w’ Umuryango wa Afurika y’ I Burasirazuba (EAC) kuwa 19 Mata 2011 ubwo yakoze manda y’ imyaka 5, yabaye kandi na Minisitiri w’ubuzima kuva kuwa 27 Ukwakira, 2008 kugeza 19 z’ukwa kane 2011, ubu akaba yari Umusenateri .


