Abantu 457 nibo bakekwaho kuba bafite icyorezo cya Mpox, barimo cumi n’umunani bagaragaye ko barwaye, bakurikiranwe mu mezi icumi ashize mu ntara ya Kongo-Central.
Ishami ry’Ubuzima mu Ntara (DPS) ryatangaje iyi mibare mu itangazo ry’ubuzima ryasohowe mu mpera z’icyumweru gishize, i Matadi.
Nk’uko byagaragajwe muri iri tangazo, uturere tw’ubuzima 25 kuri 31 tugize Kongo-Central twagaragayemo Mpox.
Ishami rya Porogaramu yagutse y’Inkingo (PEV) i Boma ryagaragaje ko akarere ka Bas-Fleuve kahoze ari akarere k’ibanze, ariko niko kagaragayemo abarwayi benshi, aho hafashwe abantu 13 kuva iyi ndwara yaduka mu ntara.
Dr Bonheur Thsiteku, umuyobozi w’Ishami ry’Ubuzima mu Ntara, avuga ko imibare y’abarwaye iyi ndwara izamuka kubera amashyamba ya Mayombe aho abaturage baho batunzwe ahanini no guhiga inyamaswa, ariko bakirengagiza ingamba zo kwirinda zashyizweho n’abashinzwe ubuzima.
Abaturage b’aho bavuga ko bafata inyamaswa zapfuye ndetse bakanarya inyama za zo zidahiye neza nk’uko uyu muganga yabivuze.
Mu rwego rwo kugenzura iyi ndwara no gukumira ikwirakwizwa ryayo, itsinda rishinzwe ibikorwa byo kuyirwanya muri iyi ntara ryakiriye mu cyumweru gishize ibikoresho byatanzwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) byo gufata ibipimo by’icyorezo mu maraboratwari.
Muri iki gihe, iri tsinda ririmo gukora ibikorwa byo kwigisha abaturage mu turere 4 tw’ubuzima twiganjemo icyorezo ku kigero cyo hejuru cya Mpox, harimo n’akarere ka Kangu muri Lukula.


