Ikibazo cy’umutekano gikomeje kuba ndanze muri Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’ibitero bya drones byagabwe n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku birindiro bya AFC/M23.
Kuri uyu wa Mbere ushize, agasozi k’ingenzi ka Katale ni ko kibasiwe n’ibitero by’indege zitagira abadereva bitera ubwoba mu baturage bo muri Katale-Centre. Bivugwa ko ibirindiro bya AFC/M23 byagabweho ibitero n’indege za Congo ahagana saa yine.
Ku Cyumweru, FARDC yari yagabye ibtero u birindiro bitandukanye bya AFC/M23 nka Kahongole, agasozi gateganye na Masisi-Centre, hafi y’ibiro bya teritwari, n’ahitwa Bukombo, hagati ya Masisi-Centre na Nyabiondo.
Amakuru agera kuri Kivu Morning Post, avuga ko ibyo bitero byahatiye zimwe mu nyeshyamba za AFC/M23 gusubira inyuma zerekeza mu bice bituje, mu giheabasivili bahunze Bukombo berekeza Nyabiondo.
Ku rundi ruhande, indi mirwano ikaze yavuzwe kuri uyu wa Mbere ushize hagati ya AFC/M23 na Wazalendo I Kinyumba, mu birometero 10 mu majyaruguru ya Nyabiondo. AFC/M23 ngo irashaka kugenzura ako gace gaherutse kwigarurirwa na Wazalendo.
Kuri axe ya Nyabiondo-Kashebere na Kaanja-Mahanga, hari hari ituze, nubwo hagaragaye ‘umusada’ wa AFC/M23 kuri axe Kashebere-Kibati.


