594178951_852895900821307_7018851543142885557_n

Drones za FARDC zateye ibirindiro bya AFC/M23 i Katale, mu gihe imirwano yari ikaze i Kinyumba

Sangiza iyi nkuru

Ikibazo cy’umutekano gikomeje kuba ndanze muri Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’ibitero bya drones byagabwe n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku birindiro bya AFC/M23.

Kuri uyu wa Mbere ushize, agasozi k’ingenzi ka Katale ni ko kibasiwe n’ibitero by’indege zitagira abadereva bitera ubwoba mu baturage bo muri Katale-Centre. Bivugwa ko ibirindiro bya AFC/M23 byagabweho ibitero n’indege za Congo ahagana saa yine.

Ku Cyumweru, FARDC yari yagabye ibtero u birindiro bitandukanye bya AFC/M23 nka Kahongole, agasozi gateganye na Masisi-Centre, hafi y’ibiro bya teritwari, n’ahitwa Bukombo, hagati ya Masisi-Centre na Nyabiondo.

Amakuru agera kuri Kivu Morning Post, avuga ko ibyo bitero byahatiye zimwe mu nyeshyamba za AFC/M23 gusubira inyuma zerekeza mu bice bituje, mu giheabasivili bahunze Bukombo berekeza Nyabiondo.

Ku rundi ruhande, indi mirwano ikaze yavuzwe kuri uyu wa Mbere ushize hagati ya AFC/M23 na Wazalendo I Kinyumba, mu birometero 10 mu majyaruguru ya Nyabiondo. AFC/M23 ngo irashaka kugenzura ako gace gaherutse kwigarurirwa na Wazalendo.

Kuri axe ya Nyabiondo-Kashebere na Kaanja-Mahanga, hari hari ituze, nubwo hagaragaye ‘umusada’ wa AFC/M23 kuri axe Kashebere-Kibati.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *