Umuntu umwe mu gihugu cya Kenya yamaze kwandura indwara ya Ebola mu gace kitwa Kericho.
BBC itangaza ko uyu murwayi yamaze kugezwa mu bitaro bya Kericho muri iki ghugu.
Amakuru ava mu baturanyi b’uyu murwayi avuga ko yanduye nyuma y’urugendo yagize mu minsi mike ishize ku mupaka wa Kenya na Uganda witwa Malaba.
Abagaganga bamaze gufata ibipimo by’amaraso kugira ngo hasuzumwe neza niba koko yaranduye Ebola.
Ibi biravugwa mu gihe byemejwe ko mu Karere ka Kasese muri Uganda hari icyorezo cya Ebola.
Ku ruhande rw’u Rwanda, ruherutse gutangaza ko rwiteguye guhangana n’iki cyorezo ari nako abaturage bagirwa inama yo kudakora ingendo za ngombwa ahari iki cyorezo, kwita ku isuku no gutanga amakuru igihe babonye ibimenyetso byayo.
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Mbere yo kugaragara muri Uganda, Ebola imaze amezi 10 iyogoza intara ya Ituri na Kivu y’amajyaruguru aho amagana y’abantu yahasize ubuzima.


