Umuryango w’Ubukungu w’ibihugu by’Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS) wavuze kuri uyu wa Kane ko uzohereza ingabo muri Guinea-Bissau kugira ngo zifashe kugarura umutekano nyuma y’igerageza ryo guhirika ubutegetsi ryaburijwemo mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Umuryango w’ibihugu 15 bigize akarere, wafashe iki cyemezo nyuma y’inama yabereye mu murwa mukuru wa Ghana, Accra, kuri uyu wa Kane, ntabwo watanze ibisobanuro birambuye kuri izo ngabo n’igihe zizoherezwa.
ECOWAS yohereje ingabo mu butumwa nk’ubu na none muri iki gihugu mu mwaka wa 2012 kugeza 2020 nyuma yo guhirika ubutegetsi, kugira ngo zifashe mu kubuza igisirikare kwivanga muri politiki no kurinda abanyapolitiki nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.
Ku wa Gatatu, Guverinoma ya Guinea-Bissau yavuze ko abagerageje igikorwa cyo guhirika ubutegetsi ku wa Kabiri bari bagambiriye kwica perezida kandi ko bari mu mugambi watewe inkunga kandi watunganijwe neza.
Ntabwo yavuze uwo yizera ko ari we wihishe inyuma yo kugerageza guhirika ubutegetsi ku wa Kabiri, nubwo Perezida Umaro Sissoco Embalo yabanje kuvuga ko bishobora kuba bifitanye isano n’ubucuruzi mpuzamahanga bw’ibiyobyabwenge.
Guverinoma yavuze ko abantu 11 baguye muri icyo gitero, barimo barindwi bagize inzego z’umutekano batabaye Perezida Embalo na minisitiri w’intebe we.
Mu gutanga ibisobanuro bishya ku byabaye, guverinoma yavuze ko abantu bitwaje imbunda batamenyekanye bambaye imyenda ya gisivili binjiye mu nama y’abaminisitiri, batungura abayitabiriye.
Iri tangazo rigira riti: “Uburyo abagizi ba nabi bakoresheje bugaragaza neza ko intego y’igitero yari ukwica abayobozi bose bari mu nama y’abaminisitiri.”
“Gukomera kw’ibikoresho n’amasasu byakoreshejwe byerekana ko ibyo byari byateguwe neza, bishingiye ku nkunga ituruka mu nzego zifite ubushobozi bwo gukusanya ibikoresho nk’ibi, ibikoresho ndetse n’abakozi.”
Ivuga ko umwe mu bagabye igitero, akaba umwe mu bagize umutwe wa military police, n’abasivili batatu bishwe hamwe n’abashinzwe umutekano barindwi. Ivuga ko abayobozi bakomeje gushakisha abari inyuma y’uwo mugambi.
Embalo yabanje kuvuga ko atemera ko ingabo zagize uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi.
Igikorwa cyo kuri uyu wa Kabiri cyari igerageza cyangwa ihirikwa ry’ubutegetsi rya 10 muri Guinea-Bissau kuva yabona ubwigenge ibuhawe na Portugal mu 1974, kandi cyaje mu ruhererekane rw’ibikorwa nk’ibi bikomeje kumvikana muri Afurika y’Iburengerazuba mu mezi 18 ashize mu bihugu nka Mali, Guinea-Conakry no muri Burkina Faso mu cyumweru gishize.


