Umubiligi Eden Hazard wamenyekanye mu makipe arimo Chelsea na Real Madrid, yasezeye ku mupira w’amaguru.
Hazard w’imyaka 33 y’amavuko, yatwaranye na Chelsea ibikombe bibiri bya shampiyona y’Abongereza mbere yo kwerekeza muri Real Madrid mu 2019.
Uyu mukinnyi wafatwaga nk’umwe mu bazavamo ibihangange yagowe cyane n’ubuzima bwo muri Real Madrid yakiniye imikino 76 mu gihe cy’imyaka ine yayimazemo; bitewe n’imvune.
Hazard yemeje ko yahagaritse gukina umupira mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa Instagram.
Yavuze ko “[…] nyuma y’imyaka 16 n’imikino irenga irenga 700, nafashe icyemezo cyo gusoza urugendo rwanjye nk’umukinnyi wa ruhago wabigize umwuga.”
Yakomeje agira ati: “Nashoboye kugera ku ndoto zanjye, narakinnye nanagirira ibyishimo ku bibuga byinshi byo ku Isi. Mu rugendo rwanjye nagize amahirwe yo guhura n’abatoza batandukanye, ndetse n’abakinnyi bagenzi banjye. Ndashima buri wese ku bw’ibi bihe bidasanzwe, mwese nzabakumbura.”
Hazard wabaye umukinnyi mwiza wa shampiyona y’Abongereza muri 2015, yanashimiye umuryango we ndetse n’abafana be bamuherekeje mu rugendo rwe nk’umukinnyi wa ruhago.
Yashimiye kandi amakipe ya Lille, Chelsea na Real Madrid yakiniye, ndetse n’ikipe y’Igihugu y’u Bubiligi yamuhaye amahirwe yo kuyikinira.
Muri 2012 ni bwo Eden Hazard yagiye muri Chelsea imuguze muri Lille miliyoni 32 z’ama-Pounds.
Iyi kipe y’i Londres yayikiniye imikino 352 yatsinzemo ibitego 110.
Muri 2019 ni bwo Hazard yerekeje muri Real Madrid nyuma yo kumugura miliyoni 130 z’ama-Pounds.
Urugendo rwe muri iyi kipe y’i Madrid rwaranzwe cyane n’imvune, mbere yo gutandukana na yo ayitsindiye ibitego birindwi byonyine.


