Perezida Nkurunziza akunze gutungurana kenshi mu buhamya atangira mu materaniro, benshi bakaba barumiwe ku munsi yavugaga ko akomoka mu muryango w’abarozi banaryaga abantu. Ikiriho nyuma y’aho nabwo atunguranye avuga ko ataziyamamaza mu 2020, ni uko n’umugore we ahabwa amahirwe mu bamusimbura.
Perezida Nkurunziza amaze imyaka 14 ku ntebe y’umukuru w’igihugu, muri iki gihe cyose ni kenshi yagiye atungurana mu buhamya atanga mu rusengero nk’umukirisito, mu mbyino ndetse no mu mbwirwaruhame, muri Gicurasi uyu mwaka akaba yaragereranije Radio Ijwi rya Amerika n’imbeba ya Kizungu, kuri uwo munsi ubwo hari ku munsi w’umurimo, akaba yarahaye umukozi we wo mu rugo igihembo nk’uwahize abandi bakozi bose mu gihugu.
Mu bahabwa amahirwe mu Ishyaka CNDD-FDD, riri ku butegetsi mu Burundi yo kuba basimbura Perezida Nkurunziza n’umugore we Denise Nkurunziza arimo hamwe n’ibindi bikomerezwa by’abasirikare bakomeye.
Umuvugizi wa Perezida Nkurunziza, yahishuye ko ibyo Nkurunziza yavuze atazisubiraho, ibyo kwiyamamaza mu matora ateganijwe mu 2020 atabikozwa, gusa yemeza ko hari benshi muri CNDD-FDD babishaka ariko ntiyerura ngo agire uwo atunga agatoki n’ubwo na Denise ashyirwa mu majwi.
Ese Denise Nkurunziza uhabwa aya mahirwe ni muntu ki ?
Amazina ye nyakuri ni Denise Bucumi, yavukiye muri komini Mwumba mu mwaka wa 1969 mu muryango wari wifashije, aza gukundana na Nkurunziza ubwo yigishaga muri Kaminuza (University of Burundi) ibijyanye na siporo.
Denise Nkurunziza ni umubyeyi w’abana batanu, yavukiye mu muryango w’abakiristo ariko nyuma aza kwakira agakiza, ubu akaba ari Pasiteri “Reverend Pastor Denise Nkurunziza.
N’ubwo ari pasiteri acishamo akagaragaza ko ari n’umunyapolitiki unabarizwa mu ishyaka n’umugabo we abamo rya CNDD- FDD ari naryo riri ku butegetsi kuva mu 2005.
Mu mwaka wa 2015, mu Burundi habayeho igeregeza ryo guhirika ubutegetsi ubwo Nkurunziza yari muri Tanzania, uyu mugambi Denise yavuze ko bari babizi, ko umwana wabo yabibonye mu iyerekwa.
Mu mpera z’umwaka ushize nibwo Perezida Nkurunziza yatangaje ko ataziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu ateganijwe mu 2020, ibinyamakuru bitandukanye mu gukora intonde z’abayobozi bashobora kuzavamo umwe usimbura Nkurunziza, n’umugore we yagiye ashyirwamo.
Umunyamakuru Nibizi Serges wahoze akorera Radiyo RPA, yatangaje amakuru ayacishije ku rukuta rwe rwa Twitter avuga ko Denise Nkurunziza aziyamamaza, maze ivugisha abatari bake ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banamubaza aho yaba yabikuye.
Yagize ati “Harateganywa kandidatire y’umufasha wa Perezida, Denise Nkurunziza kugira ngo asimbure ku mwanya wa Perezida Pierre Nkurunziza, byateje urujijo mu ishyaka riri ku butegetsi. Hagati aho na Agathon Rwasa utavuga rumwe na Leta iriho yatangaje ko aziyamamaza mu 2020 mu matora y’umukuru w’igihugu”.
Ibinyamakuru bitandukanye kandi byo mu Burundi bikaba bikomeje kugaragaza ko mu ishyaka CNDD-FDD umwuka ukomeje kuba mubi, aho bose badahuza k’uwo rizatangaho umukandida uzarihagararira mu matora.
Nkurunziza yahishuye iby’umuryango we
Umuryango wa Nkurunziza ni kenshi ukunzwe kugaragaza ko ubuyobozi ubuhabwa n’Imana, ndetse ukanashima ibyiza yawukoreye na mbere ya 2005 ubwo bari mu mashyamba, nyumabagafata ubutegetsi.
Perezida Nkurunziza uvugwaho kuba ashobora gusimburwa n’umugore we ntatinya kuvuga umuryango akomokamo ngo wari uw’abarozi.
Mu masengesho y’iminsi 7 yabereye mu Ntara ya Rutana, yateguwe n’umuryango wa Perezida Nkurunziza, yatangiye ku wa Mbere tariki ya 26 Ukuboza 2016, umukuru w’igihugu n’umufasha we n’abandi bayobozi batandukanye bakayitabira, nibwo yahishuye iby’umuryango we.
Avuga uburyo umuryango avukamo bari abagome, yagize ati “Uwarenze ku ntambwe yari papa, abandi bose ntawarengaga umwaka wa Gatandatu, kandi bose ntibasengaga Imana, bari abarozi gusa [ abantu baraseka cyane ], ndabazi njyewe [ nawe araseka ], egoooo ndabazi n’ubu bariho,… Ariko Imana ishimwe ubu bameze neza cyane, eh eh eh,….”.
Yemeje ko banaryaga abantu, ati “Uzi ko Imana usenga ariyo abandi basenga? bari abantu b’abarozi gusa, barya n’abantu”.
Perezida akomeza asobanura uburyo abo mu muryango we ngo bajyaga no gutabura imirambo, bwacya ukayisanga mu rugo bayizanye bagiye kuyifungura (kuyirya), rimwe na rimwe abategetsi bakabafata.
Ati: “ibyo ni ukuri, umuntu bakajya kumuhamba ku Murango, bwacya umuntu bakamusanga mu nzu y’umuntu ku amaburusheti, ega tuva kure reka mbabwire, Njyewe Imana yarampagurukije,….ntibari boroshye”.
Perezida Nkurunziza ubura amezi make ngo ave ku butegetsi nk’uko yabyitangarije, yavutse mu 1964, akaba yaragiye ku butegetsi mu 2005, ubwo ishyaka CNDD-FDD ryari rimaze gufata ubutegetsi.
Â
Â
Â


