Ese Denise Nkurunziza yaba agiye gusimbura umugabo we wihamirije ko umuryango we waryaga abantu?

Perezida Nkurunziza akunze gutungurana kenshi mu buhamya atangira mu materaniro, benshi bakaba barumiwe ku munsi yavugaga ko akomoka mu muryango w’abarozi banaryaga abantu. Ikiriho nyuma y’aho nabwo atunguranye avuga ko ataziyamamaza mu 2020, ni uko n’umugore we ahabwa amahirwe mu bamusimbura. Perezida Nkurunziza amaze imyaka 14 ku ntebe y’umukuru w’igihugu, muri iki gihe cyose ni […]

Tanzania: Impunzi z’Abarundi zitewe ubwoba n'amasezerano yemerera igipolisi cy’iwabo kwinjira mu nkambi

Umutekano w’impunzi z’Abarundi muri Tanzania urakemangwa nyuma y’aho ibipolisi by’ibihugu byombi bisinyiye amasezerano aha uburenganzira icy’iwabo (Burundi) kwinjira mu nkambi ishakisha abanyabyaha. Aya masezerano yashyizweho umukono na Simon Siro uhagarariye igipolisi cya Tanzania na Melchade Ruceke w’u Burundi ku wa 12 Ukwakira ku mu mupaka wa Kigoma uhuza ibihugu byombi. Amagambo akubiye muri aya masezerano […]

Uganda: Leta yasabwe kurekura Abanyarwanda barimo ushinjwa gushimuta Lt. Joel Mutabazi

Abanyamategeko basabye Urwego rw’Ubutasi rwa Gisirikare muri Uganda (CMI) kurekura Abanyarwanda bivugwa ko harimo n’ushinjwa kugira uruhare mu ishimutwa rya Lt. Joel Mutabazi wari mu barindaga Perezida Kagame. Eron Kiiza na Mugisha bahagarariye abashinjwa mu by’amategeko, bavuga ko kuva mu 2017, Iyakaremye Claude, Emmanuel Rwamucyo, Augustine Rutayisire na Rene Rutagungira batigeze bagezwa imbere y’urukiko kuva […]

Abarasita bo mu Rwanda basuye mugenzi wabo, irebere uko byari udukoryo gusa

Abarasita bo mu Rwanda  mu mpera z’icyumweru gishize nibwo basuye mugenzi wabo, Mwizerwa utuye mu Karere ka Bugesera, mu gasanteri ka Ruhuha, bityo bamugaragariza urukundo bamufitiye imbere y’umufasha we n’abana. Iki gikorwa cyo gusura mugenzi wabo, bakitabiriye basaga 60 baturutse impande zitandukanye z’igihugu ndetse n’abandi baturutse mu gihugu cy’u Burundi basanzwe bari mu Rwanda na […]

Umugabo yafashwe asambanya injangwe ye

Michael Navage w’imyaka 40 yatawe muri yombi na Polisi nyuma yo gushinjwa gusambanya injangwe ye. Michael atuye mu gace ka Mese, gaherereye muri Leta ya Arizona, polisi ikaba yaramutaye muri yombi nyuma yo guhuruzwa n’abaturanyi be bari bakomeje kumva urusaku rw’injangwe,ndetse n’uyu mugabo asakuriza mu nzu ye asaba ubufasha. Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Metro ngo Michael […]

Senateri Iyamuremye Augustin niwe watorewe kuyobora Sena y’u Rwanda

Nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga, mu ngingo ya 66, mbere yo gutangira imirimo yabo, abagize Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena, bagera kuri 20 kuri uyu wa Kane, itariki 17 Ukwakira 2019 barahiriye imbere ya Perezida wa Repubulika, kuzuza neza inshingano bahawe muri manda y’imyaka 5. Abasenateri 20 barahiye ni: Hon. Bideri John Bonds, Hon. Dushimimana […]

Kenya: Bisi ya pantekote bayifatanye ibipfunyika by’urumogi

Bisi y’Idini y’itorero pantekote mu Mujyi wa Voi muri Kenya bayisatse bayisangana ibifunyika by’urumogi. Uru rumogi rwafashwe kuri uyu wa 15 Ukwakira uyu mwaka ubwo polisi yari mu mukwabu wo guhashya ibiyobyabwenge. Polisi ivuga ko yasanzemo udupfunyika 230 dufite agaciro ka miliyoni imwe n’igice z’amashilingi ya Kenya (Frw miliyoni zisaga umunani). Umwe mu bayobozi ba […]

CIA iravuga ko 'Antonov 72' yari buhitane Perezida Tshisekedi, yarashwe misile nk'iyahanuye iya Perezida Habyarimana

Urwego rw’Ubutasi rwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (CIA) rwagaragaje ibimenyetso ku iraswa ry’indege yari itwaye ibikoresho bya Felix Tshisekedi (Antonov 72), runamusaba kwirinda cyane nyuma y’aho bivugwa ko indege ya ‘Antonov 72’ yarashwe ari we yari buhitane ndetse bakemeza ko iyi misile yarashwe imeze nk’iyarashe indege Habyarimana wabaye Perezida w’u Rwanda, bikarangira inamuhitanye. Iyi ndege […]

Ntukabe ikigoryi- Perezida Trump abwirwa mugenzi we wa Turukiya

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yasabye mugenzi we wa Turkiya, Tuyyip Erdogan kudakora ibyo yise iby’ubugoryi ngo akomeze kugaba ibitero muri Syria. Mu ibaruwa yo kuwa 9 Ukwakira Trump yoherereje Erdogan amusaba ko ibyo ari gukora byazatuma ahora yibukwa mu mateka nka “sekibi” Trump avuga ko Turukiya ikomeje kugaba ibitero mu […]

Perezida Nkurunziza yacitse ate igihano cy’urupfu yari yarakatiwe?

Perezida Nkurunziza Pierre yavutse ku wa 18 Ukuboza mu murwa mukuru wa Bujumbura mu Burundi, avuka kuri se witwaga Eustache Ngabisha wabaye mu nteko ishingamategeko mu 1965, akaba n’umuyobozi w’intara ebyiri. Yize amashuri abanza mu ntara ya Ngozi ari na ho yakuriye, amashuri yisumbuye ayiga ku ishuri rya AthĂ©nĂ©e riherereye muri Gitega. Yize muri Kaminuza […]

Amashami wakwiga muri  Kaminuza ya CHUR

Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Christian University of Rwanda (CHUR) buratangaza ko bufite amashami akurikira ku bifuza kuyigamo. Muri aya mashami harimo: -Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (Information and Technology) – Ubuhinzi n’iterambere ry’Icyaro ( Agriculture and Rural Development Business) -Ubucuruzi n’Ishoramari (Trade and Investment) – Uburezi (Education) -Indimi  n’Ubumenyamuntu (Arts and Social Sciences) Ushobora guhabwa impamyabushobozi zikurikira: Amasomo […]

USA: Uwarokokeye jenoside mu bwiherero yateguye umwiherero

Umunyarwandakazi, Immaculee Ilibagiza warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yateguye imyihererero ibiri mu Mujyi wa Stoughton muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ilibagiza wanditse igitabo ‘Left to Tell’ bivuze ngo ‘uwasigaye ngo abare inkuru’, kibanda ku buryo we na bagenzi ba batandatu n’umwana umwe barokotse ubwicanyi bihishe mu bwiherero buto. Avuga ko yarokotse ari kuvuga rozari (ishapule […]

Gen Andrew Rwigamba wari umuyobozi muri MINADEF yitabye Imana

Gen Andrew Rwigamba wari Umuyobozi muri Minisiteri w’Ingabo ndetse wanabaye Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda kugera mu 2009, yitabye Imana azize uburwayi aho yivurizaga mu gihugu cya Misiri. Andrew Rwigamba yasezerewe mu gisirikare cy’u Rwanda  mu 2013, afite ipeti rya Brig. General, ubu akaba yari umukozi muri Minisiteri y’ingabo. Gen Rwigamba yivurizaga mu bitaro […]

Rusizi: Umugabo yahishuye icyamuteye gukubita umugore we ishoka akamwica

Umugabo witwa Anastase Harerimana utuye mu kagari ka Nyange mu Murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi avuga ko yishe umugore we amukubise ishoka mu mutwe bitewe n’uko yabonaga ko amuca inyuma. Mu iburansha ryabereye mu ruhame kuri uyu waa 15 Ukwakira 2019 aho uyu mugabo akekwaho kwica umugore we bari bamaranye imyaka 21 barangabyaranye […]

Kirehe : Abafite uruhare mu gutesha abana ishuri baraburiwe baranihanangirizwa

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe bufatanyije n’inzego z’umutekano kuwa kabiri, tariki ya 15 Ukwakira 2019,  batangiye igikorwa cyo gushakisha ababyeyi bafite abana bataye ishuri ndetse n’abakoresha abana imirimo ibatesha ishuri . Abatuye mu Karere ka Kirehe bavuga ko hatangiye gushakishwa ababyeyi n’abakoresha abana bari kigero cyo kwiga ndetse bakaba bamwe bajyanwa mu buyobozi bakihanangirizwa n’ubuyobozi.  Bavuga […]

Ndatwite, mba numva nshaka cyane gukorana imibonano n'umugabo utari uwanjye- Nkore iki?

Ndabizi ko hari abahita banyita indaya cyangwa ko mfite abadayimoni ariko ni ukuri kwanjye, kuko ubu nahuzwe umugabo wanjye, nsigaye numva ntanashaka kuryamana na we. Mfite inda y’amezi agiye kuzura atanu, hari ibiribwa nahuzwe n’ibinyobwa. Ikimbabaza ni uko n’umugabo wanjye namuhuzwe, kwakundi yankoragaho nkumva ngize ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina siko bikimeze. Ahubwo iyo ankorakoye […]

Bukavu: Imfungwa zirimo gupfa umusubirizo

Mu gereza nkuru ya Bukavu, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, imfungwa zisaga 45 zimaze kubura ubuzima kubera ibura ry’imiti. Kuva mu kwezi kwa 12 umwaka ushize, nibwo imiti yatangwaga na Croix Rouge muri gereza nkuru ya Bukavu yatangiye kuba ikibazo,bityo n’ubundi bufasha izi mfungwa zahabwaga butangira guhagarara, bityo bamwe bitangira kubagiraho ingaruka. Dr Sifa […]

Perezida Kagame arakira indahiro z’Abasenateri bashya

Kuri uyu wa 17 Ukwakira 2019, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, arakira indahiro z’Abasenateri bashya 20 baherutse gutorwa nk’uko biteganywa n’itegeko Nshinga ry’u Rwanda. Iki gikorwa kirabera mu Nteko Ishinga Amategeko. Aba basenateri barasanga abandi batandatu basanzwe muri Sena manda yabo biteganyijwe ko izasoza mu mwaka utaha mber yo gusimbuzwa. Abo basenateri manda yabo izageza […]

U Bwongereza: Abibye umusarani ukoze muri zahabu gusa bakomeje guhigwa bukware

Igipolisi cyo mu Bwongereza gikomeje guhiga bukware abantu baba baribye umusarani ukozwe muri zahabu gusa ufite agaciro ka miliyari zisaga 6 z’Amanyarwanda, aho abandi bangabo batatu batawe muri yombi. Ni umusarani w’ubugeni ukoze muri zahabu gusa ufite agaciro ka miliyoni 6 z’amapawundi (asaga miliyari esheshatu y’u Rwanda). Wibwe mu kwezi gushize kwa cyenda mu nyubako […]

Biravugwa ko  Visi- Perezida wa Rayon Sports yeguye mu ibanga

 Hari amakuru akomeje gucicikana avuga ko Visi- Perezida wa mbere wa Rayon Sports, ThadĂ©eTwagirayezu yeguye ku mirimo ye mu ibanga. Radio  10 dukesha iyi nkuru ivuga ko nta mpamvu iramenyekana yatumye uyu muyobozi yegura kuri uyu wa 16 Ukwakira 2019. Perezida wa Rayons Sports, Sadate Munyakazi yavuze ko ntacyo azi kuri  aya makuru. Ati “ […]

Rusizi: Umugabo akurikiranweho kubikira umugore we asinziriye akamwica

Urukiko Rwisumbuye rwa Rusizi rwaburanishirije ahakorewe icyaha mu Kagari ka Nyange, Umurenge wa Bugarama, Akarere ka Rusizi, umugabo witwa Harerimana Anastase ukurikiranweho  n’Ubushinjacyaha  icyaha cyo kwica umugore we amukubise ishoka, aho Ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cy’igifungo cya burundu. Ni iburanisha ryabaye kuwa Mbere, itariki 15 Ukwakira 2019, mu rubanza Urukiko Rwisumbuye rwa Rusizi rukurikiranyeho uwitwa Harerimana […]