Umugabo yafashwe asambanya injangwe ye

Sangiza iyi nkuru

Michael Navage w’imyaka 40 yatawe muri yombi na Polisi nyuma yo gushinjwa gusambanya injangwe ye.

Michael atuye mu gace ka Mese, gaherereye muri Leta ya Arizona, polisi ikaba yaramutaye muri yombi nyuma yo guhuruzwa n’abaturanyi be bari bakomeje kumva urusaku rw’injangwe,ndetse n’uyu mugabo asakuriza mu nzu ye asaba ubufasha.

Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Metro ngo Michael basanze injangwe yamuswaratuye ku gitsina cye. Ubwo polisi yatabaraga yasanze ahagaze muri dushi, yambaye ubusa afite injangwe yafatishihe ibipapuro.

Yireguye avuga ko yari muri dushi hamwe n’iyo nyamaswa, ibipapuro yari afite yiregura avuga ko yabihanaguzagamo.

N’ubwo uyu mugabo yahakanye ashimangira ko atasambanije iyi njangwe, ndetse ko ayikunda cyane, veterineri ngo yemeje ko yasuzumwe bagasanga ifite ibisebe ku nnyo yayo. Ibi bikaba ibimenyetso bigaragaza ko yayisambanije.

Uyu mugabo wari unasanzwe ashinjwa ibindi byaha birimo no gufatanwa amafaranga y’amahimbano, akaba yarafunzwe mu gihe yari ataragezwa imbere y’urukiko.

SEI 58224103 e1553422965209
Michael Navage w’imyaka 40

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *