Urwego rw’Ubutasi rwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (CIA) rwagaragaje ibimenyetso ku iraswa ry’indege yari itwaye ibikoresho bya Felix Tshisekedi (Antonov 72), runamusaba kwirinda cyane nyuma y’aho bivugwa ko indege ya ‘Antonov 72’ yarashwe ari we yari buhitane ndetse bakemeza ko iyi misile yarashwe imeze nk’iyarashe indege Habyarimana wabaye Perezida w’u Rwanda, bikarangira inamuhitanye.
Iyi ndege yaburiwe irengero ku wa 10 Ukwakira 2019, ubwo yaturukaga mu mugi wa Goma yerekeza mu murwa mukuru, Kinshasa. Ikigo cy’Igihugu gishinzwe indege za gisivile cyatangaje ko iyi ndege yabuze itumanaho hashize iminota 59 ihagurutse. Byatangiye bivugwa ko yaguye mu Ntara ya Maniema, nyuma haza amakuru abihakana. Aheruka avuga ko iyi ndege yaguye mu ntara ya Sankuru ikoze impanuka.
Ibimenyetso bya CIA bihakana aya makuru (niba inyandiko twakiriye ari iy’ukuri)
Mu itangazo riburira Perezida Felix Tshisekedi CIA yashyize hanze kuri uyu wa 15 Ukwakira, harimo ubutumwa bugira buti:
Ibiro by’ubusesenguzi bya CIA byafashe amafoto y’icyogajuru ku ihanuka ry’indege ya Antonov 72 yari itwaye ibikoresho bya Félix Thisekedi yari iturutse i Goma ku wa 10 Ukwakira 2019.
Ubwo yari mu kirere, amakuru yerekana ko igihe yari hafi ya Punia muri Maniema, iyi ndege yarashishijwe misile yo mu bwoko bwa SA-16, ariko ntiyahise igwa hasi . Yakomeje kuguruka ibirometero bike, igenda igabanya umuvuduko maze igwa mu ntara ya Sankuru.
CIA ikomeze ivuga ko ubu bwoko bwa misile(SA-16) ari bwo bwarashe indege ya Juvenal Habyarimana wabaye Perezida w’u Rwanda, hamwe n’indege ya gisivile ya Congo Airlines ku wa 10 Ukwakira 1998 mu ntara ya Maniema.
CIA ivuga ko misile eshanu za SA-7, SA-14 na SA-16 umutwe warwanyaga ubutegetsi bwa Laurent Kabila (RCD) ubifashijwemo na Alex Thambwe Mwamba ubu uyoboye umutwe wa sena muri Congo/Kinshasa, ari na we bivugwa ko yazibitse. Uyu mutwe wari ushyigikiwe mu Rwanda mu gihe cya Perezida Pasteur Bizimungu utaravugaga rumwe n’ingoma ya Laurent Kabila.
Ngo misile enye muri izi zabitswe muri Maniema ari na ho Thambwe avuka. CIA ivuga ko amakuru ikura ku muntu uba hafi ya Thambwe, avuga ko ubwo yagiraga uruzinduko muri iyi ntara ku wa 25 Nzeri 2019, yari azanywe no kumenya niba izi misile zigikora (imwe mu mpamvu yamuzanye).
CIA ivuga ko Thambwe yakoranaga bya hafi na Theoneste Twagirayesu, wataziriwe ‘Twagira’ cyangwa ‘Twaribu’. Twagirayezu yari afite ipeti rya ‘colonel’ mu mutwe w’ingabo wa RCD ,akaba ari we uvugwaho kurasa indege ya gisivile mu 1998. Uyu nawe ngo aba mu giturage cya Makunju mu ntara ya Maniema.
Ku musozo, CIA ivuga ko mu busesenguzi yakoze, isanga Félix Tshisekedi ari we wari ugambiriwe kwicwa, bityo igasaba uyu mukuru w’igihugu kwirinda bikomeye.
Alexis Thambwe ukekwa kuba inyuma y’igitero yaba ashaka iki?
Alexis Thambwe yagiye muri sena yinjiriye mu ihuriro ry’amashyaka ya politiki rihagarariwe na Joseph Kabila, FCC, bikaba bivugwa ko ari inshuti ye magara.
Birashoboka ko yashaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, byamukundira agahita amusimbura. Itegekonshinga rya Congo/Kinshasa rivuga haramutse habaye impamvu ituma perezida watowe atabasha kuyobora nk’urupfu, kwegura cyangwa intege nke z’umubiri ,yasimburwa kuri uwo mwanya na perezida wa sena.
Aha Alexis Thambwe yahita aba Umukuru w’Igihugu, FCC ya Kabila igasubirana ubutware bwose, dore ko ubu yari isaranganyije na n’ihuriro ry’amashyaka, CACH ya Tshisekedi.
Umuhango wo gufungura laboratwari y’ubuhinzi ya mbere muri Afurika
Hari abakuru b’ibihugu bari batumiwe ngo bazitabire umuhango wo gufungura laboratwari y’ubuhinzi nini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo barimo uw’ u Rwanda, Paul Kagame, Pierre Nkurunziza w’u Burundi na Uhuru Kenyatta wa Kenya.
Hatumiwe kandi bamwe mu babayeho abakuru b’ibihugu nka Joseph Kabila wabaye uwa Congo/Kinshasa, akaba ari n’umusenateri uhoraho muri iki gihugu (nk’uko biteganywa n’itegekonshinga) ndetse na Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria kugeza mu 2007, ari na we witiriwe iyi laboratwari iri mu gace ka Kalambo.
Ikibazo cyibazwa kiragira kiti: “ Ese kutitabira kw’abatumirwa kwatewe no kwikanga umutekano muke?” Impamvu ni uko aba baperezida, yewe na Joseph Kabila watangije umushinga wa Laboratwari ubwo yari ku butegetsi batahageze.
Byasabye ko Tshisekedi n’abari bitabiriye uyu muhango wo ku wa 8 Ukwakira bategereza Obasanjo igihe kirekire kuko byavuzwe ko yahageze akarewe.
Mu gihe havugwa umutekano wa Thsisekedi
Ku wa 16 Ukwakira, abagize ishyaka riri ku butegetsi, UDPS bakoreye imyigaragambyo y’amahoro mu mugi wa Kananga (ni ho Tshisekedi avuka) basaba MONUSCO kurinda umutekakano wa Félix Tshisekedi.
Ni ikibazo kitoroshye kuko byakomeje kuvugwa ko Tshisekedi atatsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu ahubwo yashyizweho ku ruhare rukomeye rwa Joseph Kabila yasimbuye, ukemangwa cyane n’abaturage.
Joseph Kabila avugwaho gukoresha Tshisekedi harimo no kubangamira imiyoborere ye harimo no gufata ibyemezo yifuza.
Tubibutse ko ihuriro ry’amashyaka, FCC riyobowe na Kabila ari ryo rifite imyanya myinshi mu nteko ishinga amategeko no muri guverinoma. Bivugwa ko inzego zikomeye z’igihugu harimo iz’iperereza, iz’umutekano zikigenzurwa na Kabila, bikamworohere gufata ibyemezo.
Ikibazo cyo kurama kw’amasezerano yo gusangira imyanya mu buyobozi hagati ya Tshisekedi (amahuriro y’amashyaka ya FCC na CACH) kimaze igihe cyibazwa. Byaba ari bidasanzwe kuko ubundi byagaragaye n’ahandi ko bene aya masezerano atarama kuko burya bigoye kubona umuyobozi ‘utegekerwaho’.
Aya masezerano hari abayita nk’ikiziriko Tshisekedi yaba yarishyizwe mu ijosi cyangwa se akaba ameze nk’uwiyambitse amapingu, bikaba ari byo biri kumugiraho ingaruka.
Amasezerano y’ibanga hagati ya Tshisekedi na Kabila yamaganwe na bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi barimo na Martin Fayulu ugize ihuriro rya LAMUKA ririmo Jean Pierre Bemba, Adolphe Muzito, Antipas Bumba, Moise Katumbi na Freddy Matungulu.
Gusangira imyanya mu buyobozi bukuru byiswe ko Tshisekedi agambaniye abaturage be kuko ngo ntibifuzaga ko Kabila agaruka mu miyoborere ya Congo/Kinshasa. Fayulu n’abo bahuje ibitekerezo bavuga ko Tshisekedi yabatetereje mu rugamba bari baratangiye rusa n’urwo kubohora igihugu.
Imibare y’abaguye muri iyi mpanuka gatumwa ntabwo yavuzweho rumwe. Amakuru amwe yavuze ko yaguyemo umunane gusa ibiro by’Umukuru w’igihugu nta kinini byayivuzeho. Ikizwi neza ni uko yaguyemo umupilote, umushoferi wa Tshisekedi, bamwe mu barinzi be n’abasivile.
Amakuru avugwa muri Congo/Kinshasa (bitemezwa neza niba ari ukuri) avuga ko ejo cyangwa ejo bundi Perezida Tshisekedi yagiye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, bifitanye isano n’iyi ndege ya Antovov 72 ndetse n’umutekano we muri rusange.
Iyi ndege yari itwaye imodoka y’umutamenwa ya Tshisekedi ndetse n’ibikoresho byinshi byari bivanwe mu muhango wo gutaha laboratwari y’ubuhinzi muri Kalambo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo nk’uko twabivuzeho haruguru.


