Ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) n’amahanga akomeye bikomeje gushinja u Rwanda kohereza ingabo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru kugira ngo zifashe umutwe witwaje intwaro wa M23 wubuye imirwano kuva mu mpera zumwaka w2021. Ni ibirego byatangiye mu ntangiriro z’umwaka ushize, ariko rwo rubitera utwatsi kenshi.
Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye yasohowe n’akanama gashinzwe umutekano tariki ya 13 Kamena 2023, ku rupapuro rwayo rw’120, ivuga ko tariki ya 21 n’iya 22 Ukuboza 2022, abasirikare bakabakaba 200 bafite impuzankano, intwaro, bahetse n’udukapu two mu mugongo, byose bisa n’ibya RDF bagaragaye mu gace k’Iminara Itatu (Trois Antennes) muri gurupoma ya Kibumba, teritwari ya Nyiragongo.
Izi mpuguke ziravuga ko abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro, sosiyete sivile n’abo mu nzego z’umutekano za RDC bazibwiye ko aba bagaragaye muri Kibumba ari aba RDF. Ngo ni amakuru zanahamirijwe na ofisiye wo mu ngabo z’u Rwanda nyuma yo kwerekwa iyi foto.
Zivuga kandi ko tariki ya 19 Mutarama 2023, ngo abasirikare b’u Rwanda bari hagati ya segisiyo ebyiri cyangwa eshatu bagaragaye mu bilometero 8.6 mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Kitchanga. Ngo abo bari bambaye impuzankano ivugwa haruguru.
Raporo irimo urujijo
Impuzankano yitwa iya RDF igaragara ku rupapuro rw’120, urw’121 n’urw’122 itandukanye n’igaragara ku rw’116, aho izi mpuguke zigaragaza amafoto ane y’abarwanyi bagaragaye ku musozi wa Karuba tariki ya 7 Werurwe 2023.
Iyi raporo igira iti: “Tariki ya 7 Werurwe 2023, abarwanyi bambaye impuzankano, bafite ibikoresho bisa n’ibya RDF babonywe ku musozi wa Karuba wagenzurwaga na M23 icyo gihe. Abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro, sosiyete sivile n’abo mu nzego z’umutekano bemeje ko uwo munsi hari abasirikare ba RDF. Iri tsinda kandi rivuga ko ofisiye umwe wa RDF yemeje ko abantu bagaragara mu mafoto ari aba RDF.”
Muri aba barwanyi bane, harimo batatu bambaye impuzankano zisa, ariko zidasa n’izigaragazwa mu ifoto yo mu Kuboza 2022, keretse umwe wenyine ugaragara apfukamye. Icyakoze, ingofero z’ubwirinzi za batatu muri bo zo zirasa.

Habayemo ugushidikanya
Abasirikare, abayobozi muri Leta ya RDC, za sosiyete sivile n’abo mu mitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe n’ubutegetsi bashinje ingabo z’u Rwanda gufasha M23, bakanemeza ko bazibona zambaye impuzankano zazo, ariko mu ntangiriro ibyo ntibabigaragarizaga ibimenyetso.
Byageze aho tariki ya 13 Kamena 2022, ubwo abarwanyi ba M23 batangazaga ko bafashe agace ka Bunagana ko ku mupaka wa RDC na Uganda, Leta ya RDC n’abandi bavuga ijwi rimwe na yo batangaza ko ingabo zu Rwanda zafashije uyu mutwe kugera kuri iyi ntsinzi.
Hibajijwe igishingirwaho mu kuvuga ko ingabo z’u Rwanda zafashije M23 mu gufata Bunagana, aba bagaragaza amafoto y’abarwanyi b’uyu mutwe bambaye impuzankano nshya bitaga iya RDF, ariko mu by’ukuri [ku bazi neza iyi mpuzankano], ntibisa na gato.

Impuzankano abarwanyi bafashe Bunagana bari bambaye irimo icyatsi kibisi, kandi, nta nigisirikare cyo mu karere RDC iherereyemo bigeze bagaragara bayambaye. Byasaga n’aho M23 ari igisikare cyaremye igihugu gishya.
M23 ibona nta kidasanzwe
Nyuma y’igihe gito ifoto ya Kibumba igaragaza abasirikare “bambaye impuzankano isa niya RDF”, abarwanyi ba M23 bagaragaye imbere y’itangazamakuru ryo mu gihugu na mpuzamahanga bayambaye nk’uko isa muri iyi foto. Ni mu gihe bashyikirizaga ku mugaragaro ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) ibice bagenzuraga muri Kibumba mu Kuboza 2022
Colonel Nzenze Imani wayoboye urugamba rwa M23 rwo gufata Kibumba, tariki ya 23 yabajijwe ku mpuzankano ya RDF yari yambaye, asobanura ko nta kidasanzwe ku mutwe witwaje intwaro, yongeraho ko abarwanyi babo bambara iz’ibihugu bitandukanye.
Yitunzeho urutoki, maze abwira abanyamakuru ati: “Iyi si impuzankano y’u Rwanda?” Akomeza yerekana izindi mpuzankano abarwanyi ba M23 bambaye, ati: “Iyi ni iya Amerika, iriya ni iya special force ya FARDC, iyi ni iya komando, iyi ni iya Uganda, iyi ni iya FARDC. Abarwanyi bambara impuzankano zose. Iza Uganda turambara, iza Kenya; n’iza Kenya zirahari, turazambara. Twebwe twambara impuzankano zose. Aaah! Reba inyuma yawe, iriya ni iya hehe? Iriya ni iy’u Budage, si iy’u Budage? Twebwe twambara impuzankano zose.”
Impuzankano ya RDF ishobora kuba kimwe mu bimenyetso, ariko mu gihe yaba ari yo yonyine abarwanyi ba M23 bambara. Gusa hashingiwe ku mafotp ari muri raporo, ayashyizwe hanze n’abanyamakuru n’izindi nzego, si ko biri, kuko bambara nyinshi.




One Response
Ese impuzankano isa n’iya RDF ni ikimenyetso simusiga cy’uko u Rwanda rufasha M23?
Ntabwo bikirri ngombwa guhakana ko RDF iri muri Kongo. Abasilikari bafashwe bamaze kuba benshi. Kwirengagiza ibitangwa n’ikoranabuhanga nabyo ntibifata yuko hari aho amafoto agaragaza bamwe mu bulyo butaziguye. Ikindi nuko habayemo kwishuka kubyerekeye imyenda yuko haje kugaragara aho iyo myenda yakorewe kandi anketi ziza kwerekana abayitumije. Gukomeza guhakana ntacyo bivuze ahubwo twamagane intambara yuko igwamo inzirakarengane.