MONUSCO ni ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ribungabunga amahoro n’umutekano rimaze imyaka 20 muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo. Ku wa 30 Ugushyingo 1999 ni bwo yashinzwe muri iki gihugu igamije guhashya imitwe y’inyeshyamba yibasira igice cy’uburasirazuba bw’igihugu ariko bigaragara nk’aho byarananiranye.
Harakemangwa imikorere ya MONUSCO ishinjwa kugenda biguru ntege mu kibazo cy’umutekano muke. Ahanini imbarutso y’iki kibazo irashingira ku magambo Leila Zerrougui uyihagarariye yatangarije i Beni muri iki cyumweru, mu nama yahuzaga abasirikare bakuru b’akarere k’ibiyaga bigari biga ku buryo bwarandura iyi mitwe. Ni nyuma y’amakuru yavugaga ko ibi bihugu bigize akarere bigiye kwifatanya mu guhashya iyi mitwe n’ubwo yagiye aterwa utwatsi.
Leila Zerrougui yavuze ko MONUSCO itazifatanya n’ingabo z’ibihugu birimo u Rwanda, u Burundi, Uganda ndetse na Congo/Kinshasa nibiramuka bigabye ibitero ku nyeshyamba kuko ubutumwa bwayo ari ugufasha FARDC (igisirikare cya Congo) gusa.
Mu 2018 ubwo Joseph Kabila yari Umukuru wa Congo/ Kinshasa yari yategetse ko MONUSCO igomba kuba yavuye muri iki gihugu bitarenze mu 2020 kuko yabonaga nta cyo iri gukora gusa Perezida Tshisekedi uri ku butegetsi aherutse kuvuguruza irya mugenzi we, avuga ko iri shami rizaguma mu gihugu.
Iri shami rya ONU rifite abantu basaga 20,000 boherejwe muri iki gihugu barimo abasirikare 15, 113, abayobozi, abapolisi, abaganga, abakorerabushake ndetse n’impuguke mu ngeri zitandukanye. (biva muri raporo ya ONU yo muri Kanama 2019).
MONUSCO ni ryo shami rishorwamo amafaranga menshi kurusha ayandi yose. Raporo ya 2018 yagaragaje ko yashowemo akayabo gasaba miliyari y’amadolari y’Amerika, mu 2019 ishorwamo na none amafaranga nk’aya agabanyutseho 8.2 % ariko yakomeje kubarirwa muri miliyari y’amadolari.
Uyu muryango watangiye ubutumwa bw’amahoro uzwi nka MONUC, imyaka umaze muri iki gihugu ibikorwa by’umutekano muke byiyongera hari abawubona nk’imfabusa, amafaranga ashorwamo na yo akaba apfa ubusa. Impamvu ni uko imitwe ihungabanya umutekano w’igihugu yiyongera ndetse n’ibitero ndetse n’ibyaha bikorerwa abaturage bikaba uko.
Ingero zihuse zirahari: FDLR ni umutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda washinzwe mu 2000 ariko ugira ibirindiro muri Congo/Kinshasa, ukaba ushinjwa guhungabanya umutekano muri iki gihugu. Mai Mai Nyatura yo yashinzwe ahagana mu 1996, ADF NALU mu 1999. Hari n’indi mitwe mishya yumvikana muri iki gihugu nka FDLR RUD Urunana na P5 na yo irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.
Nge nakwibaza ibi bibazo:
-Ese koko MONUSCO ntabwo igikenewe muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo?
-MONUSCO yaba yarahawe ubutumwa burenze ubushobozi bwayo?
-Kubera iki iyi mitwe itarandurwa burundu?


