Abayoboke ba Dr Riek machar utavuga rumwe n’ubutegetsibmuri Sudani y’Epfo basohoye amafoto agaragaza umuyobozi wabo asa nk’uwatoye agatege nyuma y’ukwezi kurenga ahunze imirwano ikaze yabereye I Juba bivugwa ko yakomerekeyemo.
Abantu Magana barapfuye mu mirwano yongeye kubura muri iki gihugu mu kwezi kwa Nyakanga aho ingabo za Machar n’iza perezida salva Kiir zarwanye zikoresheje ibimodoka by’intambara, imbunda za rutura zirasa kure na za kajugujugu.
Nyuma yo kuva mu murwa mukuru, Juba, amakuru ya Machar n’uko amerewe yabaye ibanga ibyumweru byinshi kugeza ubwo Umuryango w’Abibumbye watangazaga ko wamukuye hafi y’umupaka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo afite igikomere ku kaguru, nyuma akaza kujya muri Sudani kwivuza.

Amafoto yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane n’abayoboke ba SPLM-IO, umutwe Machar akuriye, amugaragaza ari kumwenyura yicaye iruhande rw’umugore we bari kumwe n’abandi bayobozi benshi muri uyu mutwe.
Ntihamenyekanye aho ayo mafoto yaba yarafatiwe, ndetse yombi uko ari abiri ngo ntagaragaza ku maguru ari naho yari yakomeretse nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ikomeza ivuga.
Ese nyuma yo gukira Machar arongera ajye kurwanira umwanya we amaze kwamburwa inshuro 2?
Muri Nyakanga perezida Salva Kiir yafashe icyemezo cyo gukura Dr Riek Machar ku mwanya we wa Visi perezida amusimbuza undi.
Ibintu nk’ibi ngo akaba ari nabyo byateje intambara yo mu Ukuboza 2013 yamaze imyaka ibiri ikaza kurangizwa n’amasezerano y’amahoro yashyizweho umukono muri Kanama 2015.
Nyuma y’ayo masezerano, Machar yagarutse I Juba muri Mata, yongera kugirwa visi perezida, umwanya yari ariho kugeza muri Nyakanga 2016 ubwo hadukaga imirwano hagati y’ingabo ze n’iza perezida Kiir yatumye yongera gukurwa ku mwanya we. Iyi mirwano ikaba yarabereye muri perezidansi igahitana abasirikare babarirwa muri 300.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


