WUYRJILWBVFFJLUSW3SPYKO6F4

Ethiopia: Bazindukiye mu matora yitezweho kugumisha Abiy Ahmed ku butegetsi

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, abaturage ba Ethiopia bagiye mu matora, aho ishyaka riharanira iterambere (PP) rya Minisitiri w’Intebe uriho ubu, Abiy Ahmed, ryiteze intsinzi.

Abiy uri ku butegetsi kuva mu 2018, amaze iminsi ashinjwa kuba yarakomeje gutegekesha igitugu no guhashya abatavuga rumwe n’ubutegetsi, bitandukanye n’imyaka ye ya mbere ku butegetsi ubwo yatsindiraga igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel kubera gusubiza mu buryo umubano n’abaturanyi bo muri Eritrea.

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi n’abasesenguzi batinya ko aya matora atazaba yuguruye ugereranyije n’ayayabanjirije mu gihe kandi igihugu kikigaragaramo amakimbirane menshi y’imbere n’amacakubiri ashingiye ku moko.

Ishyaka Prosperty Party (PP) rya Abiy ryatsindiye imyanya 96 mu nteko mu matora aheruka yo mu 2021. Ishyaka ritsindiye imyanya myinshi mu nteko ni naryo ritanga minisitiri w’intebe.

Inkuru dukesha Africanews ivuga ko abatavuga rumwe na leta barimo gukoresha amikoro make kandi bagabanyije mu mashyaka arenga 40. Mu turere twinshi, ishyaka riri ku butegetsi riratorwa nta nkomyi.

Ibiro by’itora byafunguwe saa kumi n’ebyiri za mu gitondo (0300 GMT) kandi biteganijwe ko bifunga saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, aho abantu barenga miliyoni 50 bemerewe gutora hirya no hino ku biro 48.000 by’itora mu mu gihugu.

Ibizava mu matora biteganijwe nyuma y’iminsi 10 amatora arangiye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *