Ethiopia: Minisitiri w’Intebe yahamagariye abaturage kwinjira mu gisirikare ku bwinshi

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed, yahamagariye abaturage b’igihugu cye kwinjira mu gisirikare ku bwinshi mu rwego rwo gufasha kiriya gihugu guhashya inyeshyamba za TPLF.

Minisitiri Abiy mu itangazo yasohoye yavuze ko “Ubu ni cyo gihe cya nyacyo ku banya-Ethiopia mubishoboye mufite imyaka y’ubukure ngo mwinjire igisirikare, umutwe w’ingabo zidasanzwe n’abarwanyi kugira ngo mwerekane ugukunda igihugu kwanyu.”

Yasabye Ingabo za Ethiopia guhagarika byihuse TPLF ndetse n’abacanshuro b’ababanyamahanga bakomeje kuyifasha.

Ku bwa Abiy, “intego n’imigambi bya TPLF ni ugusenya Ethiopia”.

Intambara hagati ya Leta ya Ethiopia n’ishyaka TPLF riyoboye intara ya Tigray yadutse mu Ugushyingo umwaka ushize, nyuma y’igitero cyagabwe ku ngabo za Ethiopia zari ziri muri kariya gace kikagwamo abasirikare batari bake.

Nyuma y’amezi icyenda uru rugamba rutangiye, inyeshyamba za TPLF zanadukiye uturere duturanye n’intara ya Tigray turimo aka Amhara na Afar, ku buryo uko bwije n’uko bukeye ibintu bikomeza kuba bibi kurushaho.

Umuryango w’Abibumbye uvuga ko urugamba rukomeje guhinda muri turiya duce rwatumye abatabazi badashobora kugera ku bantu babarirwa mu bihumbi 400 bugarijwe n’inzara.

Uretse inzara ikomeje guca ibintu mu gice kirimo intambara, abantu babarirwa mu bihumbi bamaze kugwa muri iriya ntambara, mu gihe abarenga miliyoni ebyiri bavanwe mu byabo na yo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *