Perezida Kagame ari kumwe na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopa Dr.Abiy Ahmed , babonanye n’igihangange mu gusiganwa ku maguru Haile Gebrselassie wamenyekanye cyane mu mikino ya Olempike.
Uhereye ibumoso: Haile Gebrselassie, Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe Dr. Abiy Ahmed
Perezida Kagame uri mu ruzinduko muri Ethiopia kuva kuri uyu wagatanu kuri iki gicamunsi yavuye mu mujyi wa Hawassa yerekeza mu murwa mukuru Addis Ababa aho biteganyijwe ko agiye kuyobora inama y’inteko rusange.
Perezida Kagame na Minisitiri Dr. Abiy Ahmed mbere yo kuva Hawassa berekeza Adis Ababa
Iyi ni inama igiye kuba nyuma y’izindi zayibanjirije zigaga ku mpinduka zakorwa mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe yahuriyemo abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bagera kuri 15 n’abayobozi b’imiryango y’ubukungu yo mu karere.
Haile Gebrselassie ni Umunyetiyopiya wavukiye mu gace kitwa Asella kuwa 18 Mata 1973.
Haile wagacishijeho mu gusiganwa ku maguru/photo: Interineti
Yatwaye imidari ibiri ya zahabu mu gusiganwa metero 10,000 mu mikino ya Olempiki n’indi midari ine mu kiciro cy’abagabo mu mikino ya olempike.
Kuri ubu Haile yahagaritse gukina umukino wo gusiganwa.Ubu ni we uyobora Ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri muri Ethiopia.
Fred Masengesho Rugira/Bwiza.com
Amafoto:Village Urugwiro





