Ikipe ya AS Muhanga yamanutse mu cyiciro cya kabiri, nyuma yo kunyagirwa na Etincelles FC yo mu karere ka Rubavu ibitego 4-0.
Hari mu mukino ubanziriza uw’umunsi wa nyuma wa shampiyona y’amakipe umunani ahatanira kuguma mu cyiciro cya mbere wabereye kuri Stade ya Bugesera.
Ibitego bitatu bya rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka muri Tchad n’icya rutahizamu Isaac Muganza wafunguye amazamu ku munota wa 10 w’umukino, Byari bihagije kugira ngo Etincelles ibone intsinzi muri uriya mukino, ndetse inamanura AS Muhanga mu cyiciro cya kabiri.
Uretse kuba Etincelles yamanuye AS Muhanga, iyi kipe yiyongereye amahirwe yo kuguma mu cyiciro cya mbere kuko yahise igira amanota 9, inafata umwanya wa gatatu ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.
Rutahizamu wayo Hassan Djibrine yabaye umukinnyi wa kabiri utsinze ibitego bitatu mu mukino umwe muri uyu mwaka, nyuma wa Byiringiro Lague wa APR FC uheruka kubitsinda Marines FC mu mukino APR FC yayinyagiyemo ibitego 6-0.


