Cesc Fabregas w’imyaka 31 y’amavuko ukomoka muri Espagne, ubu akaba akinira ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza, avuga ko mu gihe amasezerano ye abura igihe gito, nta kipe yari yamugeraho kumurambagiza.
Aganiraga n’itangazamakuru ku wa Kane tariki ya 29 Ugushyingo 2018, ubwo Chelsea yari imaze kunyagira ibitego bine kuri zero ikipe ya PAOK, Fabrigas yabajijwe icyo ateganya mu gihe amasezerano ye arimo gusatira kurangira.
Yagize ati “Dufite ikipe nziza n’abakinnyi b’agaciro”. Asabwe kugira icyo avuga ku makuru y’uko ikipe ya AC Milan yaba irimo kumurambagiza, yagize ati “Nta muntu twari twavugana, ariko ni ibyumvikana ko igihe nzaba ntavuguruye amasezerano, nshobora kuyagirana n’indi kipe kuva muri Mutarama (2019)”.
Akomeza avuga ko yiteguye kuguma muri Chelsea kugeza ku mpera y’uyu mwaka w’imikino ndetse ko anafite ubushake bwo gukina imikino myinshi muri iyi kipe.
Ku wa 12 Kamena 2014, nibwo Chelsea yatangaje ko yagiranye amasezerano na Fabregas y’imyaka itanu, yo kuyikinira, imuguze na FC Barcelone yo muri Espagne.



