FARDC iravugwaho kugaba ibitero bishya kuri M23, yifatanyije na FDLR

Sangiza iyi nkuru

Ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo zizwi nka FARDC, bivugwa ko zikomeje kwifatanya n’umutwe witwaje intwaro wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda mu kugaba ibitero ku wa ARC wamenyekanye mu bihe byashize nka M23.

Hashize iminsi havugwa ubufatanye hagati ya FARDC na Batayo ebyiri za FDLR zirimo iyitwa Jericho cyangwa CRAP iyobowe na Col. Ruhinda, ikorera mu gace ka Rugali hamwe n’iyitwa Canaan ikorera mu gace ka Tongo muri gurupoma ya Jomba, teritwari ya Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ubu bufatanye bwavuzwe mu gihe FARDC yemezaga ko irimo kugaba ibitero simusiga ku birindiro bya M23 yashinjaga kuyishotorera mu duce twa Tshanzu na Runyoni.

Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma mu kiganiro aherutse kugirana na Rwanda Tribune, yemeje ko abarwanyi ba FDLR bari kwifatanya na FARDC muri ibi bitero.

Kuri uyu wa 6 Mata 2022, amakuru aturuka muri RD Congo avuga ko FARDC yagabye ibitero kuri M23 mu duce twa Runyoni, Kinyamahura na Kanombe, yifatanyije na Batayo ya Col. Ruhinda, kandi ngo intego ni ugusenya burundu uyu mutwe.

FARDC ibikoze mu gihe tariki ya 1 Mata 2022, M23 yari yatangaje ko ihagaritse imirwano, nyuma y’ikindi cyemezo yari yafashe cyo kurekura uduce yari yafashe, igasubira mu birindiro byayo yise iby’ubwirinzi, ariko yongeraho ko niterwa izitabara.

Ariko ku wa 4 Mata 2022, FARDC yari yateguje ko igiye kongera kugaba ibitero kuri M23. Major Ngoma mu kiganiro yagiranye na Bwiza.com yavuze ko uyu mugambi bawumenye, gusa nta byinshi yigeze abitangazaho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *