GhQRWesXgAAAiIZ

FARDC irigamba kwirukana M23 ku gasozi k’ingenzi ka Nditi

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe kuri uyu wa Kabiri ushize umutwe wa M23 wemeje ko wigaruriye agace ka Ngungu, muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru, ndetse ukica abasirikare benshi b’u Burundi, ku rundi ruhande FARDC irigamba kwirukana M23 mu bice bitandukanye.

Urubuga TazamaRDC rukunze gutangaza inkuru zibogamiye kuri guverinoma, ruravuga ko nyuma y’isaha imwe y’imirwano ikaze yatangiye saa 1:05 za mugitondo kuri uyu wa Gatatu, itariki 15 Mutarama 2025, FARDC na Wazalendo bashoboye kwirukana inyeshyamba za M23 ku gasozi ka Nditi muri Teritwari ya Nyiragongo.

Iyi nkuru ivuga ko agasozi ka Nditi kari kamaze iminsi 3 kigaruriwe, kari ingenzi kuri M23  kuko, nkuko ngo abahanga mu bya gisirikare babitangaza, ngo igisasu cya mortier 82 kirasiwe kuri aka gasozi gishobora kugera i Rusayu no mu duce dukikije Umujyi wa Goma.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri ushize kandi, ngo FARDC/Wazalendo bashoboye kwirukana inyeshyamba za M23 mu Mujyi wa Nyanzale muri Teritwari ya Rutshuru.

Aya ni amakuru tudashobora kugenzura kuko ntacyo M23 irayavugaho, gusa bimaze kumenyerwa ko kenshi FARDC yigamba intsinzi za baringa kugirango abaturage bumve ko ibintu biri kugenda neza ku rugamba nyamara atariko bimeze.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *