FARDC ivuga ko Colonel wayo yiciwe mu mirwano n’abarwanyi ba Makanika

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, kivuga ko umusirikare wacyo w’ipeti rya Colonel witwa Yaundé Kyembe yiciwe mu mirwano n’abarwanyi b’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro ya Gumino na Twirwaneho iyobowe na Colonel Michel Rukunda uzwi nka Makanika.

Iki gisirikare kivuga ko kandi muri iyi mirwano yabereye mu duce twa Kamombo, Nyamara, Chakira na Mikarati muri Teritwari ya Fizi iri mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu gitondo cy’uyu wa 27 Ukuboza 2021, hapfiriyemo n’abandi basirikare batatu.

Colonel André Ekembe uyoboye Batayo y’121 mu masaha y’ikigoroba cy’uwo munsi, yatangaje ko iri huriro ry’abarwanyi ryabagabyeho igitero, rifata agace ka Kamombo kahoze ari ibirindiro bikuru byaryo, rikomeza kubakurikirana n’ahandi.

Ati: “Ubu turi muri Mikarati kuva saa munani n’igice z’amanywa. Twirwaneho bafashe Kamombo, barakomeza baradukurikirana kugeza muri Mikaratim ubu turacyarwana. Ntabwo twabasha gutangaza imibare kuko turacyarwana, gusa hari Colonel witwa Yaundé wa Batayo ya 2 wamaze kwicirwa Kamombo n’aba barwanyi. Kamombo, Chakira na Nyamara hari mu maboko y’umwanzi kuva mu gitondo.”

Inkuru bifitanye isano https://bwiza.com/?FARDC-ivuga-ko-yafashe-ibirindiro-bikuru-bya-Col-Makanika

Umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare bya Sokola 2 muri Kivu y’Amajyepfo, Maj. Dieudonné Kasereka yemeje aya makuru, avuga ko ariko kuba ingabo zavuye muri utu duce, byatewe n’uko zitashatse ko hangirika byinshi.

Col. Makanika yahoze ari umusirikare wa RDC ariko akivamo atorotse mu mpera z’2019, avuga ko agiye gutabara bene wabo b’Abanyamulenge muri Fizi bakomeje gukorerwa ubwicanyi bushingiye ku bwoko, kuko ngo ntacyo Leta yakoze ngo ibatabare, akanemeza ko hari bamwe mu basirikare bayo bagira uruhare muri ubu bwicanyi n’urundi rugomo rukorerwa aba baturage.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *