IMG-20251029-WA0014

FARDC ivuga ko yavumbuye ubuhisho bw’intwaro z’umutwe wa Lubanga

Sangiza iyi nkuru

Ku Cyumweru, itariki ya 26 Ukwakira 2025, i Mabanga, agace kari mu Murenge wa Mambisa muri Teritwari ya Djugu, Intara ya Ituri, havumbuwe ubuhisho bw’intwaro z’umutwe w’inyeshyamba wa CRP / Zaire, aho bivugwa ko zavumbuwe n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC).

Nk’uko byatangajwe na Lieutenant Jules Ngongo, umuvugizi w’ishami rishinzwe ibikorwa by’ingabo muri Ituri, ngo havumbuwe imbunda 11, zirimo AK-47 umunani, ebyiri za AK-56, imbunda ya pistolet mitrailleur n’amasasu.

Ati: “Ingabo zigira uruhare mu bikorwa byo kurinda umutekano w’abaturage muri Sheferi ya Mambisa zavumbuye ubuhisho bunini bw’umutwe wa CRP / Zaire, ukorana na M23….”

Amakuru amwe kandi nk’uko 7sur7.cd ivuga, yerekana ko Gen. Major Bruno Mandevu, umuyobozi w’ishami rishinzwe ibikorwa by’ingabo muri Ituri, mu izina rya guverineri w’umusirikare wa Ituri, yashimye ingabo kubera ko zifite inshingano zikomeye.

Ingabo za FARDC zivuga ko zikomeje ibikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro, irimo na CRP ya Thomas Lubanga, muri Teritwari ya Djugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *