Mu duce twa Ngumba na Madimba hafi y’umujyi wa Sake haramukiye imirwano yahuje ihuriro rya FARDC na M23.
Amakuru avuga ko iyi mirwano yatangiye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane taliki 30 Gicurasi 2024 itangijwe na FARDC ubwo yagabaga ibitero kuri M23 nayo itangira kwirwanaho birangira imirwano ifashe indi ntera.
Muri iyi mirwano hakoreshejwemo imbunda ziremereye n’intoya , kandi ko ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa, FDLR, FARDC, ingabo z’u Burundi, abacanshuro, Sadc na Wazalendo, zatangiye guhunga zisubira mu bice bitagenzurwa na M23.
Ni mu gihe ejo kuwa Gatatu taliki 29, leta ya Kinshasa yari yatangaje Guverinerinoma nshya igizwe n’abaminisitiri bagera kuri 52. Iyi guverinoma ikaba yarahize kurandura burundu umutwe wa M23.
Muri iyi Guverinoma uwari Minisitiri w’Ingabo, Jean Pierre Bemba wajyaga wigamba kurandura M23 umunsi ku munsi, yasimbuwe kuri izo nshingano na Guy Mwadiamvita, we agirwa Minisitiri w’Ubwikorezi.


