IMG-20260516-WA0019

FARDC yahagaritse urujya n’uruza hagati ya Bukavu na Uvira

Sangiza iyi nkuru

Urujya n’uruza hagati ya Bukavu na Uvira, imijyi ibiri minini yo muri Kivu y’Amajyepfo, rwongeye guhungabana kuva ku wa Gatanu, itariki 15 Gicurasi 2026.

Nk’uko abatwara abagenzi bakoresha iki gice cy’umuhanda w’igihugu nimero ya 5 babitangaza, imodoka zahagarikiwe ahitwa Nganganiro muri Luvungi.

Amakuru agera kuri mediacongo.net avuga ko, abasirikare ba FARDC babujije kugera mu gice bayobora imodoka iyo ari yo yose ituruka mu karere kayobowe n’inyeshyamba za AFC/M23.

Aba bashoferi bahatiwe gusubira i Kamanyola, maze abagenda bava Uvira berekeza Bukavu bategekwa gusubira inyuma.

Muri rusange ariko, ituze rikomeje kugaragara mu kibaya cya Ruzizi nk’uko abaturage baho babitangaza.

Iyi nkuru yibutsa ko ikumirwa ry’imodoka hagati y’iyi mijyi yombi rije nyuma y’iminsi mike inyeshyamba za M23 zivuye i Sange, Katogota, na Luberizi mu kibaya cya Ruzizi.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *