Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (FARDC) cyeretse itangazamakuru abarwanyi 22 b’umutwe witwaje intwaro wa M23 cyafashe barimo 4 bacyishyikirije.
Umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare bya Sokola 2 bibera mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lieutenant Colonel Guillaume Ndjike Kaiko yasobanuye ko ifatwa ry’aba barwanyi ari umusaruro w’imirwano imaze iminsi hagati y’impande zombi, yabereye muri gurupoma ya Jomba muri Teritwari ya Rutshuru.
Uyu musirikare yasobanuye ko aba barwanyi bafashwe neza hubahirijwe amategeko mpuzamahanga. Ati: “Harimo 18 bafashwe mpiri na 4 bamanitse amaboko, ba M23. Bafashwe mu buryo bwa kimuntu kubera ko turi igisirikare cy’igihugu cyubahiriza amategeko mpuzamahanga.”
Col. Ndjike yavuze ko abarwanyi ba M23 bakomoka mu mahanga, igisirikare kibashyiriza urwego rw’akarere k’ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura umutekano wo ku mbibi ruzwi nka EJVM.
Naho ngo FARDC irinze ibice byabereyemo imirwano muri Jomba kugira ngo abarwanyi ba M23 batazongera kubona aho bamenera.



