Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyatangaje ko cyiciye abarwanyi 12 ba ADF mu duce twa Otomabere na Mambelenga two muri Teritwari ya Irumu ho mu ntara ya Ituri.
Umuvugizi wa FARDC muri Ituri, Lt Jules Ngongo, yavuze ko bariya barwanyi biciwe mu mirwano yasakiranyije ingabo za Congo ndetse n’inyeshyamba za ADF zihuje n’indi mitwe yo muri kariya gace, ku wa Gatanu tariki ya 7 Mutarama.
Yagize ati: “Bagerageje gutera ibirindiro byacu turabarwanya. Twishe 12 mu baduteye hanyuma tunafata imbunda eshanu zo mu bwoko bwa AK-47.”
Lt Ngongo yavuze ko FARDC izakomeza ibikorwa byo guhiga imitwe yitwaje intwaro muri Ituri kugira ngo amahoro aganze muri iriya ntara imaze igihe yugarijwe n’umutekano muke.
Yunzemo ati: “Nibarambike intwaro hasi, bave mu ishyamba hanyuma bitandukanye na ADF. Nibitaba ibyo, tuzakomeza kubakurikirana.”
FARDC yishe bariya barwanyi ba ADF mu gihe ingabo zayo zifatanyije n’iza Uganda zimaze igihe kirenga ukwezi zihiga abarwanyi b’uriya mutwe, nyuma yo kugaba ibitero bikomeye ku birindiro byawo.
Ni umutwe ushinjwa kugira uruhare mu bwicanyi bwagiye bwibasira abasivile mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, dore ko sosiyete sivile yo muri ziriya ntara ivuga ko mu myaka irindwi ishize hamaze kwicwa abasivile barenga 5,000.
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda aheruka gutangaza ko abarwanyi ba ADF bahunze ibitero by’ingabo z’igihugu cye n’iza FARDC ari bo bakomeje kwirara mu baturage bakabica.
Yavuze ko Guverinoma ya Congo Kinshasa nibyemera ingabo za Uganda zizakomeza gukurikirana bariya barwanyi n’ubwo bajya i Kisangani cyangwa ahandi.
Yunzemo ko ADF nta yandi mahitamo ifite uretse kuyamanika, kugira ngo abaturage ba Uganda n’aba Congo babeho mu mahoro ariko nanone no kugira ngo abarwanyi bayo basubizwe mu buzima busanzwe.


