Igisirikare cya Congo kuri uyu wa Gatanu, itariki 16 kanama mu gitondo kigaruriye ibiturage bya Vusamba na Munoli, muri Sheferi (Chefferie) ya Baswagha, teritwari ya Lubero, ho muri Kivu y’Amajyaruguru.
Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wa Teritwari ya Lubero, Richard Nyembo wa Nyembo, ngo FARDC yirukanye muri ibyo biturage abarwanyi b’umutwe wa Maà¯-Maà¯/ Mazembe nyuma yo gukozanyaho.
Mu ijoro ryakeye, kuri uyu wa Kane, itariki 15 kanama, agatsiko k’abarwanyi ba Maà¯-Maà¯/ Mazembe , kari gafite ibirindiro muri Munoli, kafashe icyemezo cyo kujya mu giturage cya Vusamba bagiye kuhashinga ibindi birindiro. Abandi barwanyi b’uyu mutwe witwaza ibirwanisho bari basanzwe bagenzura Vusamba ngo barabyanze biba ngombwa ko impande zombie zo mu mutwe umwe zihangana.
Nk’uko byemezwa n’Umuyobozi wa teritwari ya Lubero, ngo umukuru w’igiturage cya Munoli yarishwe, abasivili babiri barakomeretswa n’amasasu muri iyi mirwano nk’uko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, nibwo FARDC yagabye igitero ku biturage bya Munoli na Vusamba yirukanamo iyo mitwe ibiri ya Maà¯-Maà¯/ Mazembe .
Amakuru atavuga umubare nyawo w’abaguye muri mirwano, aremeza ko inyeshyamba zahungiye mu giturage cya Masumo gituranye n’ibi, ugana mu majyaruguru ya Lubero.


