Fayulu, Kabila, Katumbi,… ntibigeze bitabira umuhango wo gushyingura Etienne Tshisekedi

Sangiza iyi nkuru

Ku munsi w’ejo, umurambo wa Etienne Thisekedi warashyinguwe. Ku wa gatanu habaye umuhango wo kumusezeraho kuri sitade ya Martyrs muri Kinshasa, gushyingura bibera muri N’sele ku butaka bwe bwite.

Uyu muhango witabiriwe n’abanyacyubahiro benshi; bamwe baturutse hanze ariko abandi nka Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi, Joseph Kabila, Moà¯se Katumbi na bamwe mu bayobozi b’amadini ntibahageze.

Amakuru ya Actualité avuga ko Kabila n’umuryango we batigeze bitabira uyu muhango keretse murumuna we Zoe Kabila waje nka guverineri wa Tanganyika. Ishyaka riyobowe na Kabila ryahagarariwe na Nehemie Mwilanya, umuhuzabikorwa waryo.

Fayulu wamaganye insinzi ya Tshisekedi mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye mu Kuboza ntiyabonetse ku mpamvu z’umutekano we.

Moà¯se Katumbi mu wageze i Kinshasa mu minsi ishize, yasubiye mu Bubiligi n’ubu ni yo akiri.

Idini ry’abaprotestanti rya kabiri mu madini akomeye muri iki gihugu ryari ryahawe inshingano yo kujya mu bagombaga gutegura uyu muhango, kuva ku wa gatanu ubwo umurambo wa Etienne Tshisekedi wagezwaga muri iyi sitade.

Etienne Tshisekedi wa Mulumba yavutse tariki ya 14 Ukuboza 1932, atabaruka ku wa 1 Gashyantare 2017. Ni we se wa Perezida Felix Tshisekedi uri ku butegetsi. Yari umuyobozi w’ishyaka rya UDPS (Union for Democracy and Social Progress). Yabaye Minisitiri w’Intebe wa RDC ubugira gatatu; 1991, 1992-1993 no mu 1997. Yamaze igihe kinini atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu.

 

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *