Bidasubirwaho FC Barcelona yasinyishije Kapiteni wa Manchester City

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya FC Barcelona yemeje ko Umudage Ilkay Gà¼ndogan wari Kapiteni wa Manchester City nk’umukinnyi wayo mushya.

Iyi kipe y’i Catalunya yemeje ko Ilkay Gà¼ndogan ari umukinnyi wayo mu myaka ibiri iri imbere.

Uyu mugabo uzuzuza imyaka 33 y’amavuko, yerekeje muri FC Barcelona ku buntu. Release Clause ye ni miliyoni 400 z’ama-Euro.

Gà¼ndogan asanzwe ari umwe mu bakinnyi beza bo hagati mu kibuga kuri ubu Isi ifite.

Ni nyuma yo gukinira amakipe arimo Shalke 04 na Borussia Dortmund y’iwabo mu Budage.

Manchester City yari ayimazemo imyaka irindwi.

Iyi kipe y’i Manchester yaherukaga kuyifasha kwegukana ibikombe bitatu, birimo icya shampiyona y’Abongereza, FA Cup na UEFA Champions league byose yatwaye mu mwaka ushize w’imikino.

FC Barcelona yatangaje ko mu masaha ari imbere ari bwo itamgaza gahunda yo kumwerekana.

Uyu mugabo yerekeje muri Barà§a mu gihe yari anamaze iminsi mu biganiro na Manchester City yifuzaga kumwongerera amasezerano.

Ni ibiganiro cyakora bitigeze bigira icyo bitanga; bijyanye n’uko impande zombi zitumvikanye ku gihe amasezerano mashya yagombaga kumara.

Ibinyamakuru byo mu Bwongereza bivuga ko City yifuzaga guha Gà¼ndogan amasezerano y’umwaka umwe ushobora kwiyongeraho undi, mu gihe nyirubwite we yifuzaga ayisumbuyeho.

Manchester City mu rwego rwo kuziba icyuho cy’uriya Kapiteni wayo, iheruka gusinyisha umunya-Croatie Matteo Kovacic wakiniraga Chelsea.

Sky Sports ivuga ko Kovacic yaguzwe abarirwa muri miliyoni 25 z’ama-Pounds agomba kwiyongeraho andi miliyoni 5 Chelsea izagenda ihabwa bitewe n’uko uriya mukinnyi azagenda yitwara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *