FDLR yashimuse imiryango irenga 50 inashumika umusozi wose

Sangiza iyi nkuru

Inyeshyamba za FDLR zibarizwa mu mashyamba ya Congo zirashinjwa gushimuta imiryango 50 igizwe n’abantu benshi, ndetse ngo inasiga ishumitse aho bari batuye.
Amakuru yatangajwe na radiyo Okapi, ni uko FDLR yakoze aya mahano ku wa kabiri tariki ya 26 Mutarama, mu gace ka Bushalingwa/Ikobo hagati ya Lubero na Walikale (Nord-Kivu).
Sosiyeti sivile mu gace ka Luofu yatangaje aya makuru, ivuga ko kugeza magingo aya batazi agace izi nyeshyamba FDLR zajyanye iyo miryango.
FDLR2
Andi makuru avuga ko izi nyeshyamba zigaruriye agace ka Bushalingwa kuva mu kwezi kwa cumi umwaka ushize, Cap. Guillaume Njike ushinzwe kuyobora ibitero byo guhashya inyeshyamba muri aka gace akaba yatangaje ko ibyangombwa nkenerwa byegeranyijwe kugirango bashakishe iyo miryango iri mu maboko ya FDLR.
Yakomeje avuga ko ingabo za Leta ya Congo FARDC ubu ziri mu bikorwa byo guhashya imitwe y’inyeshyamba, ubu ngo zikaba ziri muri ibyo bikorwa muri Walikale.
Aba baturage bashimuswe na FDLR, mu gihe hari hashize amezi 2 Depite Juvénal Munubo ngo ahamagariye Leta kurengera abaturage irwanya imitwe y’inyeshyamba yayogoje agace ka Walikale.
Inyeshyamba za FDLR hamwe na Maà¯-Ma௠ngo zikaba arizo nyeshyamba zikomeje gushyirwa mu majwi muri Nord Kivu ko zizengereza abaturage cyane.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *