FIFA yasabye ko imikino izajya igaragaramo ivanguraruhu izajya ihita ihagarikwa

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi wa FIFA, Gianni Infantino, aravuga ko hagomba gufatwa icyemezo cyo kutihanganira na gato ‘zero tolerance’ igihe ivanguraruhu rigaragaye mu mikino mu nzego zose .

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yatangaje ko hagomba gufatwa ingamba zo “kutihanganira na gato” ivanguramoko mu mupira w’amaguru kandi abasifuzi mu nzego zose bagomba guhagarika imikino mu gihe ibintu nk’ibi bibaye.

Infantino yahuye na Vinicius Junior wa Real Madrid kugira ngo baganire ku kibazo cy’vanguraruhu muri siporo nyuma y’uko uyu mukinnyi ukomoka muri Brazil avugiye ko yakorewe ivangura n’imbaga muri Espagne mu kwezi gushize.

Umuyobozi wa FIFA yise abagira ivanguramoko “abagizi ba nabi” avuga ko abayobozi b’umupira w’amaguru bagomba “gufata inshingano”.

Vinicius, w’Umwirabura, yibasiwe n’abafana barangwa n’ivangura rishingiye ku ruhu muri stade ya Espagne muri shampiyona yose, kandi abasifuzi cyangwa inzego z’umupira w’amaguru ntizikore ibihagije mu kumurinda.

Mu kwezi gushize, Real Madrid yatanze ikirego mu Bushinjacyaha Bukuru bwa Leta ya Espagne ivuga ko ihohoterwa rishingiye ku ivangura ryakorewe Vinicius ari icyaha cy’inzangano nyuma y’uko uyu mukinnyi yibasiwe ubwo batsindwaga muri Valencia.

Infantino nyuma yo guhura na Vinicius i Barcelona yagize ati: “Ni ngombwa cyane kutavuga gusa ivanguramoko n’ivangura, ahubwo ni ugufata ingamba mu buryo bufatika kandi bwumvisha nta kubyihanganira na gato.”

Yakomeje agira ati “Nta mupira wabaho hari ivanguramoko, reka rero duhagarike imikino. Abasifuzi bafite aya mahirwe mu marushanwa ya FIFA kuko dufite iyi nzira yo guhagarika umukino, kandi hagomba gufatwa ingamba kuri buri rwego, no ku rwego rw’igihugu, ”

“Ni ikibazo kijyanye n’umupira w’amaguru kandi ntitugomba gushakisha urwitwazo nka: ‘Ni ikibazo cya sosiyete, bityo, ni byiza mu mupira w’amaguru.’ Ku Isi y’umupira w’amaguru, tugomba gukora mu buryo bukomeye.”

Ati: “Turashaka kumenya ivanguramoko muri za sitade no ku mbuga nkoranyambaga. Ni abagizi ba nabi. Bagomba guhagarikwa kuri stade ku Isi yose. Abayobozi bakeneye kujyana aba bantu mu rukiko kandi tuzabwira ibi bose. Ivanguramoko ni icyaha ”.

Infantino yavuze ko FIFA izashyiraho itsinda, Vinicius azagiramo uruhare runini, kugira ngo atange ibyifuzo byihariye.

FIFA yashyizeho itsinda rishinzwe kurwanya ivanguramoko mu 2013 nyuma y’ikibazo cy’ivangura ryakorewe mu Butaliyani ku mukinnyi wo hagati wa AC Milan, Kevin-Prince Boateng, akaba ari Umwirabura.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *