Fizi: Abishe Maj. Kaminzobe bakamurya batangiye gushakishwa

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri ishinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko Leta yatangiye gushakisha abataremenyekana baherutse kwicira Maj. Joseph Kaminzobe muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bakamubaga hanyuma bakanamurya.

Maj. Kaminzobe yishwe tariki ya 9 Ukuboza 2021 yari kumwe n’abasirikare bagenzi be mu modoka, ubwo bari bajyanye umurwayi ku ivuriro muri Uvira. Ubwo bari bavuye mu gace ka Baraka, agatsiko k’abataremenyekana bivugwa ko kari kitwaje intwaro karabahagaritse, kamukura mu modoka, kamwicisha amabuye, karamutwika, karamubaga, karamurya nk’uko byatangajwe n’uwo mu muryango we witwa Gasore Félix.

Gasore yabwiye umunyamakuru wa Radio Ijwi rya Amerika ko Maj. Kaminzobe yagambaniwe na bagenzi be bari kumwe kuko ntiyumva impamvu batamutabaye kandi bari bafite imbunda. Yagize ati: “Umusirikare wa FARDC uri kumwe na bagenzi be aho akurwa mu modoka akicwa, bagenzi be nta no kurasa no gutabara kugira ngo byibura barebe uko barasira ubuzima bw’iwe.” We akeka ko uyu musirikare yishwe azira kuba ari uwo mu bwoko bw’Abanyamulenge.

Urupfu rw’uyu musirikare rwababaje benshi, rwamaganwa na benshi barimo Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri RDC, Mike Hammer, wanasabye ko abakwirakwiza imvugo z’urwango zituma hakorwa ubwicanyi nk’ubu bagezwa imbere y’ubutabera. Yagize ayi: “Abatangaza imvugo z’urwango zituma hakorwa urugomo nk’uru bakwiye kugezwa bwangu mu butabera. Abanyekongo bose barimo Abanyamulenge bafite uburenganzira bwo kubaho mu mahoro no ku mutekano.

Minisitiri ushinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Albert Fabrice Puela kuri uyu wa 11 Ukuboza 2021 yasohoye itangazo ryamagana ‘bikomeye’ uru rugomo. Ati: “Mu kwihanganisha umuryango wa nyakwigendera, turamenyesha Abanyekongo n’amahanga ko iperereza ryatangiye kugira ngo hashyirwe umucyo kuri iki cyaha cyakozwe hashingiwe ku bwoko, kandi turasezeranya ko abakoze iki cyaha bazagezwa imbere y’ubutabera, bagacirwa urubanza, bakanahamwa.”

Minisitiri Puela kandi yanasezeranyije Umukuru w’Igihugu, Minisitiri w’Intebe na Guverinoma muri rusange kurwanya abakwirakwiza imvugo z’urwango zituma ubwicanyi nk’ubu bukorwa.

Bivugwa ko tariki ya 10 Ukuboza 2021, ingabo za RDC zoherejwe muri Fizi kugira ngo zitangire iperereza ku rupfu rwa Maj. Kaminzobe, hanashakishwa abagize agatsiko kamwishe.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *