FLN yigambye igitero cyo mu Bweyeye

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi w’umutwe witwaje intwaro wa FLN urwanya Leta, 2nd Lt Irambona Steven Tamboula yemeje ko tariki ya 23 Gicurasi 2021 bagabye igitero mu Kagari ka Nyamuzi, Umurenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, ngo bakaba bishimira uko cyagenze.

Tamboula yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Radiyo Ijwi rya Amerika, kuri uyu wa 25 Gicurasi 2021.

Ni nyuma y’aho ejo ku wa 24 Gicurasi, Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda (MINADEF) yatangaje ko ingabo z’u Rwanda zateze igico aba barwanyi ba FLN bageraga kuri segisiyo (section) bari bateye baturutse mu Burundi, zicamo babiri, ndetse zifata ibikoresho byabo birimo imbunda, magazine 7 n’impuzankano ebyiri z’igisirikare cy’u Burundi.

MINADEF kandi yatangaje ko yasubije inyuma aba barwanyi, basubira mu ishyamba rya Kibira mu Burundi, iti: “aho basanzwe bafite ibirindiro”.

Soma inkuru irambuye ku itangazo ry’iyi Minisiteri hano https://bwiza.com/?Abarwanyi-ba-FLN-bateye-u-Rwanda-2-bishwe

Lt Tamboula yemeye iby’iki gitero, ati “Ibyo wabonye mu itangazo ni ko biri, igitero twaragikoze, cyarabaye ndetse ingabo za FLN rwose tukaba tunacyishimira uko byagenze.”

Ku makuru yatanzwe na MINADEF y’uko ingabo z’igihugu zishe abarwanyi ba FLN babiri, Tamboula yavuze ko ari ibinyoma, ati: “Biriya ni ibinyoma, basanzwe babeshya, nta na kimwe bajya bemera. Twebwe rero kuvuga ngo batwishemo babiri, biriya ni ibinyoma.”

Umunyamakuru yamwibukije ko ingabo z’u Rwanda zerekanye imirambo “y’abarwanyi babiri ba FLN” zishe, asubiza ko ahubwo iyi mirambo ari iy’abarwanyi b’umutwe wa RED-Tabara urwanya Leta y’u Burundi.

Yavuze ko aba barwanyi ba RED-Tabara basanzwe bahangana na FLN, ikaba yarabishe, ingabo z’u Rwanda zikagumana imirambo yabo, zivuga ko ari abarwanyi ba FLN zishe. Ati: “Bariya rero wabonye, ni bamwe mu bo twishe, babata hariya, bahitamo kubitirira twebwe. Twebwe nta muntu twatakaje n’umwe.”

Tamboula yabajijwe niba hari ingabo z’u Rwanda bishe cyangwa ibyazo bafashe, avuga ko i Nyamuzi abarwayi ba FLN bahiciye izigera kuri 15, bafata n’ibikoresho birimo imbunda, radiyo y’itumanaho ndetse n’impuzankano za gisirikare nyinshi.

Yavuze ko hari n’ikindi gitero kuri uwo munsi abarwanyi ba FLN bagabye mu Kagari ka Ruhindu, Umurenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, cyaguyemo ingabo z’u Rwanda 6, izindi zirakomereka.

Abajijwe impamvu FLN yo itagaragaza abo yishe nk’uko ingabo z’u Rwanda zibigenza, yasubije ati: “Ariko twebwe dukurikiza amategeko agenga uburenganzira bwa muntu. Birabujijwe mu mategeko mpuzamahanga.”

Mu gihe MINADEF ivuga ko aba barwanyi ba FLN bateye baturutse mu Burundi, Tamboula we yabihakanye, avuga ko uyu mutwe ufite ibirindiro mu turere twa Nyaruguru, Nyamagabe na Rusizi.

Iyi FLN ivuga ko yitwa Intarumikwa, ikaba yegamiye ku ishyaka rya CNRD-Ubumwe, ngo ikaba yariyomoye ku ihuriro ry’amashyaka ya politiki rya MRCD-Ubumwe riyobowe na Paul Rusesabagina uri mu maboko y’ubutabera bw’u Rwanda, mu mwaka ushize.

Uyu mutwe wakunze kumvikana ugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda guhera mu 2019 mu bice bya Nyaruguru, Nyamagabe na Rusizi byegereye ishyamba rya Nyungwe. Leta y’u Rwanda ivuga ko utera uturutse mu Burundi, ariko u Burundi n’uyu mutwe bikabihakana byivuye inyuma.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. FLN yigambye igitero cyo mu Bweyeye
    izo nterahamwe ziri kwiyahura nizishore mu muriro zizashiriramo!!

  2. FLN yigambye igitero cyo mu Bweyeye
    izo nterahamwe ziri kwiyahura nizishore mu muriro zizashiriramo!!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *