France: Hafunguwe dosiye ya al-Raisi uyobora Interpol uregwa n’Abongereza babiri

Sangiza iyi nkuru

Abategetsi b’u Bufaransa bafunguye dosiye ya Perezida w’Igipolisi Mpuzamahanga (Interpol), Ahmed Nasser al-Raisi wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu kubera ibirego byo kwica urubozo no gufunga binyuranyije n’amategeko byatanzwe n’abongereza babiri bari bafungiye muri iki gihugu, nk’uko amakuru aturuka mu iperereza yabitangaje kuri uyu wa Gatatu.

Dosiye ku kugira uruhare mu iyicarubozo k’umuyobozi wo hejuru muri UAE yatanzwe n’abashinjacyaha bashinzwe kurwanya iterabwoba mu Bufaransa bayishyikiriza umucamanza w’iperereza ugomba kwemeza niba ibirego byashyikirizwa urukiko nk’uko byatangajwe n’umuntu wasabye ko izina rye ritatangazwa.

Abongereza bombi, Matthew Hedges na Ali Issa Ahmad, bashinja al-Raisi kuba afite inshingano zikomeye, nk’umuyobozi mukuru ushinzwe umutekano muri minisiteri y’umutekano mu gihugu, ibyaha by’iyicarubozo no gufunga binyuranyije n’amategeko bavuga ko bakorewe muri UAE.

Amakuru akomeza avuga ko umucamanza w’iperereza agomba kandi guhitamo niba al-Raisi watorewe kuba perezida wa Interpol mu Gushyingo, afite ubudahangarwa bwa diplomasi mu bushinjacyaha mu Bufaransa nk’uko iyi nkuru dukesha France24 ivuga.

Abongereza batanze ikirego bashingiye ku bubasha rusange, butuma ibihugu bikurikirana ibyaha bikomeye kabone niyo byakorerwa ku butaka bw’amahanga.

Ifungurwa ry’iyi dosiye iregwamo al-Raisi rirenze intambwe y’iperereza ku iyicarubozo rishinjwa al-Raisi ryafunguwe n’ubushinjacyaha bw’u Bufaransa mu Gushyingo, kubera ifungwa ry’umuntu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa UAE, Ahmed Mansoor.

Muri icyo gihe, minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya UAE yamaganye ibirego bijyanye n’ifungwa rya Mansoor ivuga ko ‘”nta shingiro” bifite.

Kuri ubu iperereza riri mu maboko y’umucamanza ukora iperereza, intambwe ibanziriza itangwa ry’ikirego icyo ari cyo cyose.

Ibi bivuze ko al-Raisi ashobora gufungwa kugirango abazwe mu Bufaransa aramutse asuye iki gihugu na cyane ko icyicaro gikuru cya Interpol kiri mu majyepfo y’u Bufaransa mu Mujyi wa Lyon.

Bivugwa ko amaze gusura Lyon inshuro nyinshi kuva muri Mutarama, mu gihe amakuru akomeza avuga ko dosiye ye yafunguwe mu mpera za Werurwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *